Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi abiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 cyabereye muri Morocco, ikipe y’Igihugu ya Senegal yacyambuwe gihabwa iya Morocco nyuma y’ubujurire yari yagejeje muri CAF.

Tariki 18 Mutarama 2026, nibwo hari habaye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika maze urangira Senegal itsinze Morocco igitego 1-0 cya Pape Gueye, ndetse Senegal inahabwa igikombe cyayo yari itwaye ku nshuro ya 2.

Icyakora muri uwo mukino, habayemo amahane yanatumye ikipe ya Senegal yikura mu kibuga bitewe nuko Umusifuzi yari yemeje Penalty ya Morocco mu minota y’inyongera ngo iminota isanzwe y’umukino irangire, gusa abakinnyi ba Senegal banze kuyemera banava mu kibuga basubira mu rwambariro ahanini bigizwemo uruhare n’Umutoza wabo PAPE THIAW.

Nyuma y’iminota 17 habuze umwanzuro ufatwa, Sadio Mané wa Senegal yasabye abakinnyi ko bagaruka mu kibuga bakemera penalty igaterwa, ni nako byagenze icyakora Brahim Diaz ayiteye arayihusha umukino urangira 0-0, bagiye mu minota 30 y’inyongera ni bwo Senegal yatsindaga 1-0 ikanatwara igikombe.

Morocco, ntiyigeze inyurwa n’ibi, nyuma yatanze ikirego mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF), maze akanama gashinzwe ubujurire ka CAF kaza kwanzura ko Senegal yishe ingingo ya 82 igenga amarushanwa ya CAF, bityo igomba guhanwa hagendewe ku ngingo 84 maze igaterwa mpaga ingana n’ibitego 3-0, ndetse ikanamburwa igikombe yatwaye.

Hari amakuru avuga ko Senegal nyuma yo kumenya ibi, na yo iri gutegura ikindi kirego igomba kujyana mu rukiko nkemurampaka rwa siporo TAS.

Iki gikombe gihawe Morocco, nikigumana kizaba kibaye icya kabiri itwaye mu mateka yayo, dore ko icyo yaherukaga gutwara hari mu 1976.

Habaye imvururu ku mukino wa nyuma
Ubushyamirane bwageze no mu bafana

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Next Post

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.