Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko mu cyumweru gitaha izasubukura ingendo hagati ya Kigali na Kamembe mu Karere ka Rusizi, aho n’ubundi igiciro kizaba ari USD 99 (144 000 Frw).
Byatangajwe n’ubuyobozi bwa RwandAir mu itangazo bwashyize hanze, rivuga ko “ingendo hagati ya Kigali na Kamembe zizasubukurwa guhera tariki 23 Werurwe 2026.”
Ubuyobozi bwa RwandAir kandi izi ngendo zizasubukurwa hakurikizwa ibiciro bisanzwe by’Amadolari 99, ndetse ko ubu abantu bashobora gutangira kugura amatike.
RwandAir ivuga ko i Kamembe hagiye gusubukurwa ingendo z’indege zayo, ari “agace gatanga amerecyeza yo mu bice by’amajyepfi ashyira Uburengerazuba by’u Rwanda, birimo Ikiyaga cya Kivu, Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.”
Iyi sosiyete y’Indege y’u Rwanda ivuga kandi ko agace ka Kamembe gakomeje kuba amerecyezo y’ingenzi ahuza ibice by’ubucuruzi ndetse n’iby’ubukerarugendo.
Izi ngendo kandi zinafasha aberecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baciye ku Mupaka wa Rusizi, ahasanzwe hanyura abantu benshi bari mu bikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
RADIOTV10










