Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abantu kuzamura imyumvire ntibakomeze kwibaza ku myambarire umuhanzi Doja Cat yagaragayemo ku rubyiniro mu Rwanda kuko “kuri stade atari ku rusengero”, ariko ko Umunyarwanda uzabyigana azaba agaragaje ko atatojwe.
Ni ubutumwa Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima yatangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026 nyuma yuko hazamutse impaka zakuruwe n’imyambarire y’uyu muhanzi waraye ataramiye i Kigali.
Muri ubu butumwa yahaye umutwe ugira uti “Tuzamure imyumvire”, Dr. Utumatwishima yagarutse ku ngingo eshatu, aho yatangiye avuga ko “Kuri stage (urubyiniro), Umuhanzi akora performance ijyanye n’ubuhanzi bwe.”
Akomeza agira ati “Music Stage si ku rusengero, si ku nteko y’umuco, si mu ishuri, si no mu rugo. Dutoze umuco wo kubaha ikintu mu mwanya wacyo”

Muri ubu butumwa Minisitiri yatangiye agaragaza ko iriya myambarire ya Doja Cat idakwiye kuba ikibazo bitewe n’aho yari ayambariye, yasoje agira ati “Uzabyigana atari Doja kuri stage azaba ataratojwe.”
Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, uzwiho kugaragaza gukomera ku muco nyarwanda no gucyebura abashaka kuwutokoza, yagaragaje ko atanyuzwe n’ubu butumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko.
Yagize ati “Igihe umuco ufashwe nk’akazi& inshingano aho kuba ubuzima! Mpore muco wacu, Ishyuka. Urantengushye Mutware kandi nturi uwa mbere nturi n’uwanyuma, ubuzima ni umweru n’umukara, ariko no mu ijoro inyenyeri ziramurika, ABUMUCO tuzakomeza kuvuga no gutesha nk’ibi ko atari byo i Rwanda.”
Bamwe mu bakomeje gutanga ibitekerezo ku butumwa bwa Minisitiri Dr. Utumatwishima; baravuga ko niba yemera ko iriya myambarire y’uriya muhanzi ijyanye no kuba yari ku rubyiniro, ntawundi muhanzi ukwiye kubikomwaho nk’uko yasoje ubutumwa bwe avuga ko “uzabyigana azaba ataratojwe.”

RADIOTV10











