Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera iyi Sosiyete mu myaka 46 yari amaze muri uyu mwuga wo gutwara indege.
Byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi Sosiyete kuri uyu wa Kane tariki 19 Werurwe 2026, mu butumwa bwo gushimira uyu mupilote wanakoze urugendo rwa nyuma, rwerecyezaga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali.
RwandAir yatangaje ko “muri iki cyumweru Captain Gabou yakoze urugendo rwe rwa nyuma rugwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, asoza urugendo rwe rw’imyaka 46 mu mwuga wo gutwara indege.”
Iyi Sosiyete kandi ivuga ko uyu mupilote “yamaze amasaha 20 000 mu kirerere n’imyaka 14 akorera RwandAir, yatwaye abantu ibihumbi kandi neza mu ngendo zinyuranye.”
ubuyobozi bwa RwandAir bugasoza bugira buti “Warakoze Captain. Tukwifurije ikiruhuko cyiza cy’izabukuru.”
Uyu Munya- Côte d’Ivoire Captain Tirefort Marcel Gabou avuga ko na we asoje uru rugendo rwo gutwara indege amazemo imyaka irenga 40, aho yavuze ko yarutangiye mu 1980 ubwo yinjiraga mu ishuri ry’abapilote.
Ati “Uribaza imyaka 46 utwara indege hamwe n’amasaha 20 000, muri iyi myaka 46 namazemo 14 nkorera RwandAir isanzwe ari kompanyi y’igikundiro kuri njye.”
Uyu mupilote yaboneyeho gushimira iyi Sosiyete y’u Rwanda y’indege n’ubuyobozi bw’Igihugu byumwihariko Perezida Paul Kagame, ku bwo guhabwa aya mahirwe yo kuba amaze imyaka 14 ayikorera.
Tirefort Marcel Gabou yakoreye sosiyete z’indege zinyuranye, zirimo Air Afrique yakoreye mu myaka yo mu 1997, nyuma anakorera sosiyete y’iwabo ya Air Côte d’Ivoire, aza no gukorera iyi y’u Rwanda ya RwandAir kuva muri 2012 kugeza ubu agiye mu kiruhuko cy’izabukuru.



RADIOTV10







