Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera iyi Sosiyete mu myaka 46 yari amaze muri uyu mwuga wo gutwara indege.

Byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi Sosiyete kuri uyu wa Kane tariki 19 Werurwe 2026, mu butumwa bwo gushimira uyu mupilote wanakoze urugendo rwa nyuma, rwerecyezaga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali.

RwandAir yatangaje ko “muri iki cyumweru Captain Gabou yakoze urugendo rwe rwa nyuma rugwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, asoza urugendo rwe rw’imyaka 46 mu mwuga wo gutwara indege.”

Iyi Sosiyete kandi ivuga ko uyu mupilote “yamaze amasaha 20 000 mu kirerere n’imyaka 14 akorera RwandAir,  yatwaye abantu ibihumbi kandi neza mu ngendo zinyuranye.”
ubuyobozi bwa RwandAir bugasoza bugira buti “Warakoze Captain. Tukwifurije ikiruhuko cyiza cy’izabukuru.”

Uyu Munya- Côte d’Ivoire Captain Tirefort Marcel Gabou avuga ko na we asoje uru rugendo rwo gutwara indege amazemo imyaka irenga 40, aho yavuze ko yarutangiye mu 1980 ubwo yinjiraga mu ishuri ry’abapilote.

Ati “Uribaza imyaka 46 utwara indege hamwe n’amasaha 20 000, muri iyi myaka 46 namazemo 14 nkorera RwandAir isanzwe ari kompanyi y’igikundiro kuri njye.”

Uyu mupilote yaboneyeho gushimira iyi Sosiyete y’u Rwanda y’indege n’ubuyobozi bw’Igihugu byumwihariko Perezida Paul Kagame, ku bwo guhabwa aya mahirwe yo kuba amaze imyaka 14 ayikorera.

Tirefort Marcel Gabou yakoreye sosiyete z’indege zinyuranye, zirimo Air Afrique yakoreye mu myaka yo mu 1997, nyuma anakorera sosiyete y’iwabo ya Air Côte d’Ivoire, aza no gukorera iyi y’u Rwanda ya RwandAir kuva muri 2012 kugeza ubu agiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Tirefort Marcel Gabou amaze imyaka 14 akorera RwandAir

RwandAir yamushimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Next Post

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.