Thursday, March 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera iyi Sosiyete mu myaka 46 yari amaze muri uyu mwuga wo gutwara indege.

Byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi Sosiyete kuri uyu wa Kane tariki 19 Werurwe 2026, mu butumwa bwo gushimira uyu mupilote wanakoze urugendo rwa nyuma, rwerecyezaga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali.

RwandAir yatangaje ko “muri iki cyumweru Captain Gabou yakoze urugendo rwe rwa nyuma rugwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, asoza urugendo rwe rw’imyaka 46 mu mwuga wo gutwara indege.”

Iyi Sosiyete kandi ivuga ko uyu mupilote “yamaze amasaha 20 000 mu kirerere n’imyaka 14 akorera RwandAir,  yatwaye abantu ibihumbi kandi neza mu ngendo zinyuranye.”
ubuyobozi bwa RwandAir bugasoza bugira buti “Warakoze Captain. Tukwifurije ikiruhuko cyiza cy’izabukuru.”

Uyu Munya- Côte d’Ivoire Captain Tirefort Marcel Gabou avuga ko na we asoje uru rugendo rwo gutwara indege amazemo imyaka irenga 40, aho yavuze ko yarutangiye mu 1980 ubwo yinjiraga mu ishuri ry’abapilote.

Ati “Uribaza imyaka 46 utwara indege hamwe n’amasaha 20 000, muri iyi myaka 46 namazemo 14 nkorera RwandAir isanzwe ari kompanyi y’igikundiro kuri njye.”

Uyu mupilote yaboneyeho gushimira iyi Sosiyete y’u Rwanda y’indege n’ubuyobozi bw’Igihugu byumwihariko Perezida Paul Kagame, ku bwo guhabwa aya mahirwe yo kuba amaze imyaka 14 ayikorera.

Tirefort Marcel Gabou yakoreye sosiyete z’indege zinyuranye, zirimo Air Afrique yakoreye mu myaka yo mu 1997, nyuma anakorera sosiyete y’iwabo ya Air Côte d’Ivoire, aza no gukorera iyi y’u Rwanda ya RwandAir kuva muri 2012 kugeza ubu agiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Tirefort Marcel Gabou amaze imyaka 14 akorera RwandAir

RwandAir yamushimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eight =

Previous Post

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Related Posts

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

by radiotv10
19/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n'iz'umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya Pentekote ry'u Rwanda...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

by radiotv10
19/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho n’iki Gihugu, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Guverinoma y’u Rwanda yatanze konji

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda

by radiotv10
19/03/2026
0

Ministeri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026, ari umunsi w'Ikiruhuko watanzwe, mu...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

by radiotv10
19/03/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke wari umaze amezi abiri afunguwe nyuma yo gukatirwa igifungo gisubitse...

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Senegal bwajyanywe na Minisitiri Mukazayire

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Senegal bwajyanywe na Minisitiri Mukazayire

by radiotv10
19/03/2026
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriwe na Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye; amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda,...

IZIHERUKA

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera
MU RWANDA

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

by radiotv10
19/03/2026
0

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

19/03/2026
Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

19/03/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

19/03/2026
Guverinoma y’u Rwanda yatanze konji

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda

19/03/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

19/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.