• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in IMYIDAGADURO
0
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Kwizera Emelyne wamamaye ku izina rya Ishanga, nyuma y’igitaramo Doja Cat aherutse gukorera i Kigali, yasabye abakristu bakitabiriye kugisabira imbabazi Imana mu magambo akakaye, anabasaba gusaba Yesu Kristo imbabazi.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yaburiye abantu biyita abakristu bitabiriye igitaramo cyagaragayemo umuhanzi Doja Cat wari wambaye imyambaro yavugishije benshi.

Yabanje gushyiraho umurongo wo muri Bibiliya wanditse muri Matayo 6:24 ugira uti “Nta ushobora gukorera abakoresha babiri, kuko yakwanga umwe agakunda undi, cyangwa yaguma kuri umwe agasuzugura undi. Ntimubasha gukorera Imana n’ubutunzi.”

Akomeza yandika ati “Bityo rero, Mwuka Wera yanyoboye kugira ngo mburire abantu biyita abakristu, nyamara bagakomeza kujya mu birori nk’ibi byuzuyemo abakobwa biyerekana mu buryo bukurura irari nka Doja n’abandi

Ntabwo ndi kubacira urubanza, ariko nshingiye kuri uwo murongo w’Ijambo ry’Imana, ndashaka kubibutsa nti: mukorere Umwami umwe.

Amaso yanyu ni ay’Imana. Ese mwakwiyumvisha Yesu areba amashusho nk’ayo yanduye? Mwakwiyumvisha ahagaze iruhande rwanyu muri za konseri z’isi, areba ibyo bintu, hanyuma mukiyita abigishwa cyangwa intumwa za Kristo?”

“Isoni zibagarukeho, koko isoni kuri mwe. Mwe ab’isi, muri abantu bababaje. Nimupfukame musabe imbabazi.”

“Ntabwo nitaye ku kuba mwanyanga kubera ibi, ariko birasobanutse: nahitamo kwangwa namwe aho kwima Yesu umwanya wo kubabwira, cyangwa ngo ndebere mwerekeza mu muriro utazima.”

Uyu mukobwa wigeze kuvugisha imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru, Kwizera Emelyne, mu kwezi k’Ugushyingo 2025, yagaragaje ko yabaye mushya wavutse ubwa kabiri, atangaza ko yabatijwe mu mazi menshi, agaragaza ko yahinduye ubuzima burundu, ndetse ashimira Imana n’Umwami Yesu ku gakiza yahawe. Yagaragaye abatizwa na Pasiteri Didier Habimana wa Zion Temple Kimironko.

Igitaramo cya Doja Cat gikomeje kuvugisha benshi
Emelyne yageneye ubutumwa abakristu bagiye muri kiriya gitaramo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Next Post

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.