Umuhanzi Ngombwa Timothée wahanze zimwe mu ndirimbo z’urugamba rwo kwibohora, yitabye Imana ku myaka 80 y’amavuko.
Uyu musaza uri mu bagize uruhare mu buhanzi bw’indirimbo zakoreshejwe mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026, nkuko byemejwe n’abamuzi ndetse n’inshuti n’imiryango.
Umuvandimwe we witwa Taratibu Theodore, yatangaje ko nyakwigendera yatabarutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu azize uburwayi.
Ngombwa yahanze indirimbo zirenga 100 zakoreshejwe mu rugamba rwo kwibohora, aho harimo izamenyekanye cyane nk’iyi wa ‘Ziganjamarembo’ na ‘Ziravumera’.
Umuhanga mu gutunganya imiziki, Producer Jimmy, yemeza ko indirimbo z’uyu musaza zari zatangiye gutunganywa, ndetse ko hari album yari yararangiye mu mpera z’umwaka ushize.
Yagize ati “Yari amaze gukora album iriho indirimbo umunani, nka Turatashye, Impundu, Impyisi, Inkotanyi ziganje amarembo, Inyange, Maze iminsi, Uwera da na Ziravumera.”
Uyu mutunganyamuziki, avuga ko iyi album yatunganyijwe, afashijwe mu buryo bw’amajwi, n’umuhanzi Audia Intore. Ati “Ubu hari hasigaye gahunda yo kwandikisha ibihangano bye mu buryo bw’amategeko.”
Ngombwa Timothée witabye Imana, yatangiye ubuhanzi akiri muto, dore ko yabutangiye ubwo yigaga mu mashuri abazan i Byumba ubu ni mu Karere ka Gicumbi.
Ku mbuga nkoranyambaga, abahanzi biganjemo abakora injyana ya gakondo, bakomeje kugaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa nyakwigendera, wababoneye izuba.
RADIOTV10











