Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

radiotv10by radiotv10
21/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko wiyemeje guhagarika ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, kuko kuva bwajyaho, iki Gihugu cyugarijwe n’ibibazo bitagira ingano.

Ibi byangajwe n’ubuyobozi bw’uyu mutwe MDKC (Mouvement Debout Katanga pour la Libération du Congo), mu butumwa bw’amashusho bwagiye hanze.

Uyu mutwe uje wiyongera ku yindi myinshi yo muri DRC, uvuga ko Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikiswahili bakomoka mu bice byahoze ari Intara ya Katanga, bibasiwe cyane kuva Tshisekedi yajya ku butegetsi.

Bavuga kandi ko kuva muri 2019, ubwo Perezida Félix Tshisekedi yajyaga ku butegetsi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yibasiwe n’ibibazo byinshi.

Muri ubu butumwa, abagize uyu mutwe bavuga ko byumwihariko abo Banyekongo bavuga Ikiswahili bakomoka muri Katanga, bagiye bibasirwa cyane n’ubutegetsi n’ababushyigikiye, kuko hari abishwe abandi bagafungwa.

Ku bw’iyi mpamvu rero, uyu mutwe wa MCKC, ugira uti “Twafashe umwanzuro wo guhagarika ubutegetsi bwa Félix Tshilombo dukoresheje inzira zose zemejwe n’amategeko.”

Abagize uyu mutwe, bavuga ko intego yabo ari ugutabara Katanga, ariko kandi bakanatabara Igihugu cyose cya Congo, kuko ibibazo biri hose kandi ko banze gukomeza kurebera.

Bashinja Perezida Felix Tshisekedi kuyoboresha igitugu, no kuganisha ahabi Igihugu cyabo, bityo ko ntakindi akwiye uretse kuva ku butegetsi hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka.

Uyu mutwe bivugwa ko umaze ukwezi ushinzwe, kuko washinzwe mu kwezi gushize, ndete ko ufite ibirindiro muri Pariki y’Igihugu ya Upemba.

Ubutegetsi bwa Congo, bwo buvuga ko uyu mutwe waba ufite aho uhuriye n’Ihuriro AFC/M23 na ryo ryiyemeje kurandura imigirire mibi y’ubutegetsi bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Related Posts

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagaragaje abarwanyi 20, kivuga ko ari ab’Ihuriro AFC/M23 na Twirwaneho, ngo bafashe...

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu...

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

by radiotv10
19/03/2026
0

Umunyamakuru wa Televiziyo y’Abarusiya RT n’umufatira amashusho, barokotse igitero cya misile yari irashwe n’igisirikare cya Israel ikabagwa iruhande ubwo bariho...

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

by radiotv10
19/03/2026
0

Ibihugu 12 bimaze iminsi byibasiwe n’ibitero bya Iran, byashyize hanze itangazo rihuriweho, bisaba iki Gihugu kubihagarika vuba na bwangu, binakibutsa...

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

by radiotv10
18/03/2026
0

Israel yemeje ko yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran, Esmail Khatib, uje akurikira iyicwa ry’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru z’iki...

IZIHERUKA

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite
AMAHANGA

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

20/03/2026
Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

20/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.