Visi Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Uwimana Consolée, yahaye urubyiruko umukoro wo kwirinda ingeso mbi, kurwanya ibiyobyabwenge, inda ziterwa abangavu ndetse no gukoresha neza amahirwe Igihugu kibashyiriraho.
Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026, ubwo yari mu Nama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi. Ni inama yahuje abanyamuryango barenga 2000 baturutse hirya no hino mu gihugu.
Visi Chairperson w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, wari umushyitsi mukuru muri iyi nama, yabwiye urubyiruko rwayitabiriye ko kugira ngo igihugu kigere aho cyifuza bisaba imbaraga zarwo.
Yagize ati “Nk’uko insanganyamatsiko y’iyi nama ibivuga, ‘Rubyiruko, twubake u Rwanda twifuza’, uyu ni umwanya mwiza wo kongera kwicara tukajya inama ku ruhare urubyiruko mugira mu cyerekezo twihaye cyo kubaka u Rwanda twifuza. Kugira ngo tugere kuri iyo ntego, birasaba imbaraga zanyu. Duhora tubivuga ko urubyiruko ari imbaraga zubaka kandi vuba; turifuza ko biva mu ntero bikajya mu ngiro.”
Yakomeje agira ati “Rubyiruko rwa FPR Inkotanyi, nimuhagurukire guhanga ibishya bikemura ibibazo bibangamiye Abanyarwanda, munafate iya mbere mu kubaka imibereho myiza y’abaturage no guteza imbere igihugu cyacu. Nimube ku isonga kandi mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubuzererezi, guhemuka, kutubaha no kutubahana, n’indi mico mibi itabereye umwana w’Umunyarwanda, muhereye aho mutuye.”
Yakomeje agira ati “Ntore z’Umuryango, bana bacu, turabasaba kwirinda izi ngeso kuko zangiza ubuzima bwanyu kandi zikaba na bimwe mu bigize ibyaha bishyira ubuzima bwanyu bw’ejo hazaza mu kaga.”
Yakomeje agaragaza ko hari ikibazo cy’abangavu baterwa inda, aho imibare igaragaza ko abenshi baziterwa n’urubyiruko bagenzi babo.
Ati “Turashaka kwibutsa ko icyaha cyo gusambanya umwana ari icyaha kidasaza kandi gihanishwa ibihano bikomeye. Ikibi kurushaho ni uko gisenya ubuzima bw’umwana wasambanyijwe n’ejo he hazaza. Mureke dufatanyirize hamwe turinde abangavu bacu.”
Yasabye kandi urubyiruko kwirinda ruswa n’ibindi byaha byakwangiza ubuzima bwarwo ndetse no kudahishira ababikora.
Ati “Mwirinde kandi icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, mwirinde ababashukisha imirimo n’andi mahirwe hanze y’igihugu, mureke guhishira ibyaha ahubwo mubigaragaze, mwirinde ruswa n’ibindi byaha byabatesha agaciro bikangiza ahazaza hanyu.”
Uwimana Consolée yakomeje abwira urubyiruko ko muri iki gihe u Rwanda rukomeje kuvugwa neza ku ruhando mpuzamahanga, bityo rukwiye gukomeza kuruhagararira neza aho ruri hose.
Ati “U Rwanda rukomeje kuvugwa ibigwi ku ruhando mpuzamahanga. Kugira ngo ibi bizarambe, birasaba urubyiruko rufite ikinyabupfura n’indangagaciro rukomeyeho. Aho mujya hose mujye mwibuka ko muhagarariye igihugu cyanyu, muharanire kugihesha ishema.”
Uru rubyiruko rwitabiriye iyi Nama Nkuru ya 6 rwongeye kwibutswa gukoresha neza amahirwe igihugu kibaha.
Ati “Ntore z’Umuryango, ejo hazaza h’igihugu cyacu ntihandikwa n’abandi, handikwa namwe, ibitekerezo byanyu, amahitamo yanyu n’ibikorwa byanyu bya buri munsi. Muharanire kuba urubyiruko rufite intego, rufite indangagaciro, rufite umutima wo gukunda igihugu, kucyitangira no kukirwanirira, cyane cyane binyuze mu ikoranabuhanga. Mukoreshe neza amahirwe igihugu kigenda kibashyiriraho.”
Inama Nkuru y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi yatoye Komite Nyobozi y’Urugaga ku rwego rw’igihugu. Mugisha Ernest yatorewe kuyobora uru rugaga, azungirizwa na Rwagitare Nelly watorewe kuba visi perezida.




Emelyne MBABAZI
RADIOTV10










