Abanya-Uganda batandatu bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ikoranabuhanga bwa miliyari 4,9 Frw mu kwiba Equity Bank Rwanda, baragezwa imbere y’Urukiko, aho byamenyekanye ko barimo abasanzwe ari abahinzi, n’abacuruzi.
Ubujura bwakorewe Equity Bank Rwanda bwavuzwe mu minsi micye ishize, aho byavugwaga ko mu babukekwaho barimo n’abanyamahanga.
Amakuru dukesha ikinyamakuru ceo.co.ug avuga ko Abanya-Uganda batandatu bafunzwe bakekwaho uruhare muri ubu bujura, baza kugezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026.
Bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ikoranabuhanga bwambukiranya imipaka mu bujura bwari bugambiriye kwiba iyi Banki yo mu Rwanda, ndetse ko urubanza rwabo ruri kwihutishwa kubera uburemere bwarwo mu byaha by’ikoranabuhanga byabayeho mu karere.
Nk’uko bigaragazwa na dosiye ikubeyemo ibirego byabo, Polisi ya Uganda, ivuga ko aba Banya-Uganda bashinjwa gukoresha ikoranabuhanga mu kwinjira muri sisiteme za Equity Bank Rwanda no kubona inyungu mu buryo bunyuranyije n’amategeko igera kuri miliyoni 3,4 USD (agera kuri Miliyari 4,9 Frw).
Iki kirego gifite nimero CRB: 215/2026 kiri muri Polisi yo ku cyicaro Gikuru cya Kampaka Kampala Metropolitan Police (CPS Kampala), kizaburanishwa hagendewe ku itegeko rihana ibyaha by’ubujura bwifashisha ikoranabuhanga no kwinjira muri mudasobwa.
Abanya-Uganda bashinjwa ni bande?
Abashinjwa muri iyi dosiye, ni Mugisha Solomon, uzwi nka Nelson w’imyaka 33 y’amavuko, usanzwe ari umucuruzi wo mu gace ka Kira mu Karere ka Wakiso.
Undi ni Enock Mpanga Kazige ufite imyaka 34 y’amavuko, aho we asanzwe ari umuhinzi wo mu gace k’icyaro ka Namulondo mu Karere ka Wakiso; hakaba Katerega Benedicto w’imyaka 35 na we akaba ari umucuruzi wo mu gace ka Matuga na we mu Karere ka Wakiso.
Hari kandi Kiyimba Faruk w’imyaka 30 na we akaba ari umuhinzi wo mu gace ka Bunamwaya muri Wakiso; ndetse na Oketcho Gerard w’imyaka 31 usanzwe akora ibijyanye n’ubwubatsi muri Medix Ltd akaba anatwara imodoka itwara abagenzi hagati ya Kitezi na Wakiso.
Inyandiko za Polisi ya Uganda zigaragaza ko aba bashinjwa, kimwe n’abandi benshi bagishakishwa, ibyaha bakekwaho babikoze hagati ya tariki 14 na 18 Gashyantare 2026 babikoreye mu bice binyuranye muri Kigali mu Rwanda ndetse n’i Kampala muri Uganda.
Amakuru agaragaza ko aba bashinjwa, bakoresheje sisiteme za mudasobwa, bakinjira mu ikoranabuhanga rya Equity Bank Rwanda, bagakoresha uburyo bwo kubona inyungu ibarirwa muri miliyari 4,9 Frw muri iyi banki.
Dosiye y’ikirego, ivuga ko iri tsinda ry’abantu “bacuze sisiteme ya Equity Bank Kigali” bigaragaza ko urubanza rwabo rushingiye ku bujura bukoresheje ikoranabuhanga.
Amakuru avuga ko “hakiri abandi benshi” bakekwa muri ubu buriganga, aho abari gukora iperereza, bibasaba gukora iryambukiranya imipaka byumwihariko hagati ya Uganda n’u Rwanda.
RADIOTV10









