Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya America biri mu karere ka Gulf, mu gihe Perezida Donald Trump yashyira mu bikorwa umugambi aherutse gutangaza wo gusenya burundu ibikorwaremezo by’amashanyarazi bya Iran.

Ibi byatangajwe n’Ingabo z’Impinduramatwara za Iran (Islamic Revolutionary Guard Corps) mu itangazo zasohoye kuri uyu wa Mbere.

Iryo tangazo rigira riti: “Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibinyoma by’uko ingabo zacu (Revolutionary Guards) ziteganya gutera ibikorwaremezo bitunganya amazi no guteza ibibazo abaturage bo mu bihugu byo muri aka karere.”

Rikomeza rivuga riti: “Twamubwira ko twiyemeje gusubiza igitero icyo ari cyo cyose ku rugero rungana n’ingaruka kigira, mu rwego rwo gukumira ibindi… Nimutera amashanyarazi, natwe tuzatera amashanyarazi.”

Ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Werurwe 2026, ni bwo Perezida Donald Trump yaburiye ko inganda z’amashanyarazi za Iran zizasenywa niba Tehran itemeye gufungura inzira ya Hormuz ku bwato bwose mu gihe cy’amasaha 48. Trump yashyizeho nyirantarengwa kugeza kuri uyu wa Mbere saa moya n’iminota 45 z’umugoroba ku isaha ya EDT (23:45 GMT).

Ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran byatumye iyi nzira ya Hormuz ifungwa mu buryo bukomeye, nyamara inyuzwamo hafi icya gatanu cya peteroli na gaz bikoreshwa ku isi hose, ibintu byateje ikibazo gikomeye mu bijyanye na peteroli kuva mu myaka ya 1970.

Kugeza ubu, abantu barenga 2,000 bamaze kugwa muri iyi ntambara yatangijwe na Amerika na Israel ku wa 28 Gashyantare, yahungabanyije kandi amasoko y’imari, inateza izamuka rikabije ry’ibiciro bya lisansi, inongera impungenge z’izamuka ry’ibiciro ku isi, ndetse igahungabanya ubufatanye bw’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Kuri iki Cyumweru, iterabwoba ryo gutera ibikorwa by’amashanyarazi byo mu karere ka Gulf ryateje impungenge ko hashobora kubaho guhagarara kw’ibikorwaremezo bitunganya amazi yo kunywa.

Abayobozi ba Amerika na Israel bavuga ko nyuma y’ibyumweru bitatu batangiye ibitero kuri Iran, byagabanyije cyane ubushobozi bwayo mu bya misile, nubwo Leta ya Tehran ikomeje kugaragaza ko igifite ubushobozi bwo kwihimura ku bitero ikomeje kugabwaho.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Related Posts

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

by radiotv10
23/03/2026
0

Indege ya Sosiyete ya Canada (Air Canada) yagonganiye n’imodoka ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia i New York muri Leta Zunze...

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
22/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta 'muntu...

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko...

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagaragaje abarwanyi 20, kivuga ko ari ab’Ihuriro AFC/M23 na Twirwaneho, ngo bafashe...

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu...

IZIHERUKA

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump
AMAHANGA

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

23/03/2026
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

23/03/2026
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

23/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

23/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.