Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki Gihugu, kuko ari iwe mu nzu ye giguriye amafaranga ye. Ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999.”

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ‘La Libre Belgique’ cyamusuye i Goma mu cyumweru gishize, tariki 20 Werurwe 2026, i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro kirekire cyagarutse ku ngingo zinyuranye, Joseph Kabila yabajijwe n’umunyamakuru niba ntakibazo abona kuba ari muri uyu Mujyi kandi hari ibirindiro Bikuru by’iri Huriro rya AFC/M23.

Yasubije agira ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999. Ibikorwa byo kundwanya nka njye ndetse binibasira umuryango wanjye duhurira muri politiki byatangiye muri 2019. Birumvikana ni mbere y’ivuka rya AFC/M23. Mfite uburenganzira bwo kubonana ndetse no kuvugana n’Abanyekongo bose, ngamije byumwihariko intego yo kunga ubumwe no gushaka amahoro. Kuri njye, iyo ni yo misiyo yanjye.”

Kabila kandi yabajijwe niba abona ubutegetsi buriho ubu muri DRC, bushobora kuyoboka inzira y’ibiganiro n’amahoro, avuga ko ari byo byari bikwiye kuba amahitamo.

Yagize ati “Intambara ni amahitamo. N’amahoro ni uko. Buri gihe nsubiramo ibyo twahuye nabyo muri 2001 kuko byari ibintu bikomeye cyane ku Mugabane, aho ingabo nyinshi z’amahanga zari ku butaka bw’Igihugu cyacu, imitwe y’inyeshyamba yakomeje kugenzura Iburasirazuba, Uburengerazuba n’amajyaruguru ndetse n’imitwe myinshi yitwaje intwaro. Muri icyo gihe ntabwo byari byoroshye kuyoboka inzira z’amahoro. Muri Nzeri no mu Kwakira 2001, twagize inama i Luanda muri Angola, hamwe n’abafatanyabikorwa bacu, Perezida dos Santos (Angola), Mugabe (Zimbabwe) na Nujoma (Namibie).”

Kabila yakomeje avuga ko icyo gihe n’ubundi higwaga ku bibazo byo muri Congo, ariko ko aba mbere bagomba kubona umuti wabyo, ari Abanyekongo ubwabo.

Ati “Nababwiye ko Abanyekongo ari bo bagomba gufata iya mbere mu gushaka umuti w’ibibazo by’Igihugu cyabo. Ndetse ko Ibihugu byose byari byinjiye mu bya Congo byagombaga kugenda.”

Avuga ko ibi byazamuye impaka ndende, ndetse akaza kongera kubisubiriramo i Haraare ko inzira ikwiye ari iy’amahoro ndetse n’ibiganiro bitagira uwo biheeza mu Banyekongo bose, bigatumizwamo imiryango itari iya Leta, imitwe ya Politiki ndetse n’imitwe yitwaje intwaro.

Avuga ko ibi nta somo byatanze kuko n’ubundi Congo ubu iri mu ntambara. Ati “Kuri njye nkunda amahoro, natanze inama kuva mu ntangiro, nagiriye inama ab’i Kinshasa ko bagomba kuganira. Gusa igisibubizo cyabo cyahoze iteka ari intambara. None nyuma y’imyaka itanu turi mu ntambara nka ya yindi.”

Kabila kandi yanagarutse ku mugambi wa Felix Tshisekedi wamusimbuye wo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko Abanyekongo bose bagomba guhaguruka bagaharanira guhagarika ubutegetsi bw’igitugu bw’uyu munyapolitiki wamusimbuye, kuko ari ubutegetsi bw’igitugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Next Post

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.