Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki Gihugu, kuko ari iwe mu nzu ye giguriye amafaranga ye. Ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999.”
Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ‘La Libre Belgique’ cyamusuye i Goma mu cyumweru gishize, tariki 20 Werurwe 2026, i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri iki kiganiro kirekire cyagarutse ku ngingo zinyuranye, Joseph Kabila yabajijwe n’umunyamakuru niba ntakibazo abona kuba ari muri uyu Mujyi kandi hari ibirindiro Bikuru by’iri Huriro rya AFC/M23.
Yasubije agira ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999. Ibikorwa byo kundwanya nka njye ndetse binibasira umuryango wanjye duhurira muri politiki byatangiye muri 2019. Birumvikana ni mbere y’ivuka rya AFC/M23. Mfite uburenganzira bwo kubonana ndetse no kuvugana n’Abanyekongo bose, ngamije byumwihariko intego yo kunga ubumwe no gushaka amahoro. Kuri njye, iyo ni yo misiyo yanjye.”
Kabila kandi yabajijwe niba abona ubutegetsi buriho ubu muri DRC, bushobora kuyoboka inzira y’ibiganiro n’amahoro, avuga ko ari byo byari bikwiye kuba amahitamo.
Yagize ati “Intambara ni amahitamo. N’amahoro ni uko. Buri gihe nsubiramo ibyo twahuye nabyo muri 2001 kuko byari ibintu bikomeye cyane ku Mugabane, aho ingabo nyinshi z’amahanga zari ku butaka bw’Igihugu cyacu, imitwe y’inyeshyamba yakomeje kugenzura Iburasirazuba, Uburengerazuba n’amajyaruguru ndetse n’imitwe myinshi yitwaje intwaro. Muri icyo gihe ntabwo byari byoroshye kuyoboka inzira z’amahoro. Muri Nzeri no mu Kwakira 2001, twagize inama i Luanda muri Angola, hamwe n’abafatanyabikorwa bacu, Perezida dos Santos (Angola), Mugabe (Zimbabwe) na Nujoma (Namibie).”
Kabila yakomeje avuga ko icyo gihe n’ubundi higwaga ku bibazo byo muri Congo, ariko ko aba mbere bagomba kubona umuti wabyo, ari Abanyekongo ubwabo.
Ati “Nababwiye ko Abanyekongo ari bo bagomba gufata iya mbere mu gushaka umuti w’ibibazo by’Igihugu cyabo. Ndetse ko Ibihugu byose byari byinjiye mu bya Congo byagombaga kugenda.”
Avuga ko ibi byazamuye impaka ndende, ndetse akaza kongera kubisubiriramo i Haraare ko inzira ikwiye ari iy’amahoro ndetse n’ibiganiro bitagira uwo biheeza mu Banyekongo bose, bigatumizwamo imiryango itari iya Leta, imitwe ya Politiki ndetse n’imitwe yitwaje intwaro.
Avuga ko ibi nta somo byatanze kuko n’ubundi Congo ubu iri mu ntambara. Ati “Kuri njye nkunda amahoro, natanze inama kuva mu ntangiro, nagiriye inama ab’i Kinshasa ko bagomba kuganira. Gusa igisibubizo cyabo cyahoze iteka ari intambara. None nyuma y’imyaka itanu turi mu ntambara nka ya yindi.”
Kabila kandi yanagarutse ku mugambi wa Felix Tshisekedi wamusimbuye wo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko Abanyekongo bose bagomba guhaguruka bagaharanira guhagarika ubutegetsi bw’igitugu bw’uyu munyapolitiki wamusimbuye, kuko ari ubutegetsi bw’igitugu.
RADIOTV10









