Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko yategetse igisirikare kuba gihagaritse ibitero byibasira ibikorwa remezo by’amashanyarazi bya Iran nyuma y’ibiganiro byabayeho, anemeza ko ibintu biri kugenda neza mu biganiro biri gukorwa.
Perezida Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere, avuga ko yategetse igisirikare cye guhagarika biriya bitero mu gihe cy’iminsi itanu, byagabwaga ku bikorwa remezo by’amashanyarazi n’ingufu.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth, Trump yavuze ko ibi byagezweho kubera “ibiganiro bitanga umusaruro” kandi ari “inama n’ibiganiro bigikomeje.”
Yavuze ko mu minsi ibiri ishize Washington na Tehran bagize “ibiganiro byiza kandi bitanga umusaruro bijyanye no guhagarika no kugera ku musaruro wa burundu mu bibazo biri mu burasirazuba bwo hagati.”
Trump kandi yavuze ko intego nyamukuru, ari ugusenya burundu gahunda y’ingufu za kirimbuzi ya Iran, kandi ko ari byo biri ku murongo w’ibanze mu biganiro biriho bikorwa, ndetse ko Iran yamaze kubyemera.
Yavuze ko impande zose ziteguye kugirana amasezerano, kandi ko agomba kuba ari “amasezerano meza” ndetse ko “nta ntambara izongera kubaho” kimwe ko “nta n’intwaro za kirimbuzi zizongera kubaho” ndetse ko Iran iri kwemera ibyo iri gusabwa muri ibyo biganiro.
Trump kandi yavuze ko ku wa Gatandatu yahaye Iran amasaha 48, kugeza saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa mbere, gufungura umuhora wa Hormuz wabaye ufunzwe na Iran, usanzwe ari imwe mu nzira zikomeye z’ibikomoka kuri peteroli na gaze byoherezwa ku Isi.
Ubutegetsi bwa Iran bwo bwari bwatangaje ko na bwo bwiteguye “gukora ibitero byo gusubiza” ku bikorwa remezo by’ingenzi byo mu burasirazuba bwo hagati, mu gihe Trump yashyira mu bikorwa uriya mugambi yari yatangaje wo gusenya burundu ibikorwa remezo by’amashanyarazi bya Iran.
Tehran kandi yari yatangaje ko izasenya ibikorwa remezo bisanzwe ari ingomero z’amashanyarazi zohereza ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za America “kumwe n’ibindi bikorwa remezo by’ingufu n’inganda America ifitemo imigabane.”
RADIOTV10








