Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe irengero, bigatera ubwoba ko ashobora kuba yarashimuswe, akaba ashinjwa gutegura iryo bura rye, kuko yari yibereye iwe.
Mohamed Amin uyobora ishami rya Polisi rishinzwe Iperereza ku byaha, yabwiye itangazamakuru ko Tuju yari mu rugo rwe igihe cyose, avuga ko ari “ibura ryateguwe neza aho kuba ishimutwa rya nyaryo.”
Mbere gato yuko atabwa muri yombi, Tuju yari yabwiye televiziyo yo muri ako gace ko yagiye kwihisha nyuma yo gukurikirwa n’imodoka idafite ikimenyetso.
Uwahoze ari Minisitiri yagiye avugwa mu manza zinyuranye, aho yagiye avugwaho kurwanya cyamunara yabaga igiye gukorerwa imwe mu mitungo ye i Nairobi kubera inguzanyo ya banki yatse ntayishyure.
Amin yagize ati “Imyitwarire yakozwe nkana na Raphael Tuju isa nk’aho ari igikorwa cyateguwe cyo kubeshya abaturage kugira ngo bagire impungenge zidafite ishingiro no guhungabanya ubusugire bw’Urwego rw’Igihugu rwa Polisi.”
Uyu ukuriye Ishami rishinzwe iperereza, yavuze ko polisi ibona ko “gutanga amakuru y’ibinyoma ku bayobozi nk’icyaha gikomeye cyane.”
Tuju yabwiye Citizen ko amaze kumenya ko ari gukurikirwa, yahise ava mu muhanda kugira ngo adafatwa n’imodoka yari yamukurikiye, yamara kuyisiga akava mu modoka ye, agahita agenda ngo kuko yari abizi ko ari we bari gushaka.
Uyu munyapolitiki kandi yashimiye umuryango we n’abandi Banya-Kenya bagaragaje ko bamushyigikiye. Ati “Abanya-Kenya benshi bameze nk’abari mu mva zitagaragara.”
Ni mu gihe mbere yo gufatwa kwe, Polisi ya Kenya yari yatangaje ko iri kumushakisha, ndetse yari yanasabye abaturage gutanga amakuru yatuma uyu munyapolitiki aboneka, nyuma byaje kugaragara ko wari umugambi we wo kubeshya.
RADIOTV10










