• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

radiotv10by radiotv10
24/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba
Share on FacebookShare on Twitter

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe irengero, bigatera ubwoba ko ashobora kuba yarashimuswe, akaba ashinjwa gutegura iryo bura rye, kuko yari yibereye iwe.

Mohamed Amin uyobora ishami rya Polisi rishinzwe Iperereza ku byaha, yabwiye itangazamakuru ko Tuju yari mu rugo rwe igihe cyose, avuga ko ari “ibura ryateguwe neza aho kuba ishimutwa rya nyaryo.”

Mbere gato yuko atabwa muri yombi, Tuju yari yabwiye televiziyo yo muri ako gace ko yagiye kwihisha nyuma yo gukurikirwa n’imodoka idafite ikimenyetso.

Uwahoze ari Minisitiri yagiye avugwa mu manza zinyuranye, aho yagiye avugwaho kurwanya cyamunara yabaga igiye gukorerwa imwe mu mitungo ye i Nairobi kubera inguzanyo ya banki yatse ntayishyure.

Amin yagize ati “Imyitwarire yakozwe nkana na Raphael Tuju isa nk’aho ari igikorwa cyateguwe cyo kubeshya abaturage kugira ngo bagire impungenge zidafite ishingiro no guhungabanya ubusugire bw’Urwego rw’Igihugu rwa Polisi.”

Uyu ukuriye Ishami rishinzwe iperereza, yavuze ko polisi ibona ko “gutanga amakuru y’ibinyoma ku bayobozi nk’icyaha gikomeye cyane.”

Tuju yabwiye Citizen ko amaze kumenya ko ari gukurikirwa, yahise ava mu muhanda kugira ngo adafatwa n’imodoka yari yamukurikiye, yamara kuyisiga akava mu modoka ye, agahita agenda ngo kuko yari abizi ko ari we bari gushaka.

Uyu munyapolitiki kandi yashimiye umuryango we n’abandi Banya-Kenya bagaragaje ko bamushyigikiye. Ati “Abanya-Kenya benshi bameze nk’abari mu mva zitagaragara.”

Ni mu gihe mbere yo gufatwa kwe, Polisi ya Kenya yari yatangaje ko iri kumushakisha, ndetse yari yanasabye abaturage gutanga amakuru yatuma uyu munyapolitiki aboneka, nyuma byaje kugaragara ko wari umugambi we wo kubeshya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe says silence on ongoing violence against Banyamulenge is complicity

Next Post

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.