Tuesday, March 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

radiotv10by radiotv10
24/03/2026
in AMAHANGA
0
Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57.

Iyi mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa C-130, yabaye ubwo yahaguruka ku kibuga cy’indege cya Putumayo. Iyi ndege yari irimo abantu 114 barimo abakozi b’iyi sosiyete y’indege ya C-130 Hercules.

Carlos Silva, Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere muri Colombia (FAC/ Colombian Aerospace Force), mu butumwa yanyujije kuri X, yatangaje ko itsinda ry’abakora iperereza ryahise ryoherezwa ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hamenyekanye icyayiteye.

Perezida wa Colombiya, Gustavo Petro, mu butumwa na we yanyujije kuri; yavuze ko amakuru y’abantu barenga 40 bari muri ndege yakoze impanuka ataramenyekana.

Minisitiri w’Ingabo muri Colombiya, Pedro Sanchez, na we yavuze ko iyi ndege yakoze impanuka ubwo yari iri guhaguruka iva i Puerto Leguizamo, ndetse ko inzego za gisirikare zari ziri aho yabereye.

Yaboneyeho kandi “kwihanganisha cyane” imiryango y’ababuze ababo, anavuga kandi ko ibikorwa byose byo gufasha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka, byateguwe.

Bamwe mu basirikare bakomerekeye muri iyi mpanuka y’indege y’igisirikare, bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Bogota.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yafashwe ubwo iyi ndege itwara abasirikare yakoraga iyi mpanuka, yerekana ubwo yari imaze gufata ikirere ariko itaragera kure, igahita imanuka ikagwa ahantu mu ishyamba, igahita ishya igakongoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Next Post

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

by radiotv10
24/03/2026
0

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe...

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya...

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

by radiotv10
23/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko yategetse igisirikare kuba gihagaritse ibitero byibasira ibikorwa remezo by’amashanyarazi...

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

by radiotv10
23/03/2026
0

Indege ya Sosiyete ya Canada (Air Canada) yagonganiye n’imodoka ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia i New York muri Leta Zunze...

IZIHERUKA

5 Easy Ways to Live a Longer, Healthier Life
IMIBEREHO MYIZA

5 Easy Ways to Live a Longer, Healthier Life

by radiotv10
24/03/2026
0

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

24/03/2026
Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

24/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

24/03/2026
Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

24/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

5 Easy Ways to Live a Longer, Healthier Life

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.