Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57.
Iyi mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa C-130, yabaye ubwo yahaguruka ku kibuga cy’indege cya Putumayo. Iyi ndege yari irimo abantu 114 barimo abakozi b’iyi sosiyete y’indege ya C-130 Hercules.
Carlos Silva, Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere muri Colombia (FAC/ Colombian Aerospace Force), mu butumwa yanyujije kuri X, yatangaje ko itsinda ry’abakora iperereza ryahise ryoherezwa ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hamenyekanye icyayiteye.
Perezida wa Colombiya, Gustavo Petro, mu butumwa na we yanyujije kuri; yavuze ko amakuru y’abantu barenga 40 bari muri ndege yakoze impanuka ataramenyekana.
Minisitiri w’Ingabo muri Colombiya, Pedro Sanchez, na we yavuze ko iyi ndege yakoze impanuka ubwo yari iri guhaguruka iva i Puerto Leguizamo, ndetse ko inzego za gisirikare zari ziri aho yabereye.
Yaboneyeho kandi “kwihanganisha cyane” imiryango y’ababuze ababo, anavuga kandi ko ibikorwa byose byo gufasha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka, byateguwe.
Bamwe mu basirikare bakomerekeye muri iyi mpanuka y’indege y’igisirikare, bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Bogota.
Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yafashwe ubwo iyi ndege itwara abasirikare yakoraga iyi mpanuka, yerekana ubwo yari imaze gufata ikirere ariko itaragera kure, igahita imanuka ikagwa ahantu mu ishyamba, igahita ishya igakongoka.
RADIOTV10










