Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga-Ngororero- Mukamira, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’iminsi ibiri udakoreshwa kubera imvura nyinshi yari yaguye.
Aya makuru yemejwe na Polisi y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026.
Muri iri tangazo, ubuyobozi rwa RNP, bugira buti “Turabamenyesha ko umuhanda Muhanga-Ngororero- Mukamira wabaye nyabagendwa.”
Ku wa Mbere w’iki cyumweru, ni bwo Polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga – Ngororero – Mukamira ubu udakoreshwa.”
Uru rwego kandi rwari rwagiriye inama abari gukoresha uyu muhanda, ko bakoresha uwa Mukamira – Musanze – Kigali cyangwa Muhanga – Kigali – Musanze- Mukamira na Muhanga – Rubengera- Rutsiro – Rubavu.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yari yatangaje ko ku bijyanye n’ibyari byatangajwe ku wa Mbere ntakirahinduka, bityo ko abantu bagombaga gukomeza gukurikiza inama bari bagiriwe.
RADIOTV10







