Perezida Paul Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso amwifuriza ishya n’ihirwe muri manda nshya yo gukomeza kuyobora iki Gihugu. Ubutumwa yashyikirijwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta.
Dr Vincent Biruta wajyanye ubu butumwa nk’intumwa ya Perezida Paul Kagame, yabushyikirije Denis Sassou N’Guesso kiri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe 2026.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, yatangajwe iby’iki gikorwa, yavuze ko Minisitiri Biruta “Yamugejejeho ubutumwa bw’ishimwe rya Perezida Paul Kagame nyuma yo kongera gutorwa, ndetse n’ubutumwa bujyanye no kwiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, muri manda, asaba Repubulika ya Congo kuzayishyigikira.”
Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bamaze iminsi bakorera ingendo mu Bihugu binyuranye bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Kagame bubasaba kuzashyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo wongeye gutangwa n’u Rwanda nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.
Mushikiwabo ugiye guhatanira manda ya gatatu, ashobora kuzahatana n’umukandida watanzwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho biteganyijwe ko kandidatire zizemezwa mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba mu Gicurasi.
Umubano w’u Rwanda na Congo Brazzaville yasabwe n’u Rwanda kuzashyigikira Kandidatire ya Mushikiwabo, ushingiye ku bufatanye mu bucuruzi, ubukungu, n’ububanyi n’amahanga.
Uyu mubano washimangiwe cyane mu myaka micye ishize binyuze mu masezerano y’ubucuruzi n’ubufatanye mu rwego rw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) ndetse no mu ruzinduko rwa Perezida Denis Sassou Nguesso i Kigali.
Ku wa 22 Nyakanga 2022, u Rwanda na Repubulika ya Congo basinye amasezerano yo guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu bukungu binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), yashyizweho umukono n’abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu byombi.

RADIOTV10






