Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

radiotv10by radiotv10
26/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso amwifuriza ishya n’ihirwe muri manda nshya yo gukomeza kuyobora iki Gihugu. Ubutumwa yashyikirijwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta.

Dr Vincent Biruta wajyanye ubu butumwa nk’intumwa ya Perezida Paul Kagame, yabushyikirije Denis Sassou N’Guesso kiri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe 2026.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, yatangajwe iby’iki gikorwa, yavuze ko Minisitiri Biruta “Yamugejejeho ubutumwa bw’ishimwe rya Perezida Paul Kagame nyuma yo kongera gutorwa, ndetse n’ubutumwa bujyanye no kwiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, muri manda, asaba Repubulika ya Congo kuzayishyigikira.”

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bamaze iminsi bakorera ingendo mu Bihugu binyuranye bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Kagame bubasaba kuzashyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo wongeye gutangwa n’u Rwanda nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Mushikiwabo ugiye guhatanira manda ya gatatu, ashobora kuzahatana n’umukandida watanzwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho biteganyijwe ko kandidatire zizemezwa mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba mu Gicurasi.

Umubano w’u Rwanda na Congo Brazzaville yasabwe n’u Rwanda kuzashyigikira Kandidatire ya Mushikiwabo, ushingiye ku bufatanye mu bucuruzi, ubukungu, n’ububanyi n’amahanga.

Uyu mubano washimangiwe cyane mu myaka micye ishize binyuze mu masezerano y’ubucuruzi n’ubufatanye mu rwego rw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) ndetse no mu ruzinduko rwa Perezida Denis Sassou Nguesso i Kigali.

Ku wa 22 Nyakanga 2022, u Rwanda na Repubulika ya Congo basinye amasezerano yo guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu bukungu binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), yashyizweho umukono n’abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Next Post

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz'u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.