Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

radiotv10by radiotv10
26/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America,  Donald Trump, yavuze ko Iran ishishikajwe cyane no kugirana n’Igihugu cye amasezerano yo guhagarika intambara imaze hafi ibyumweru bine, mu gihe Iran yo ivuga ko ikiri gusuzuma umushinga w’ayo masezerano ariko ko itifuza kugirana ibiganiro byo guhagarika intambara na America.

Izi mvugo zivuguruzanya hagati y’ibi bihugu bihanganye ziracyakomeje, mu gihe ingaruka z’intambara ku bukungu no ku mibereho y’abantu zikomeje kwiyongera, aho ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rikomeje gukwira ku isi hose, ibigatuma ibigo n’ibihugu bitandukanye bihatana gushaka uko byahangana n’ingaruka zabyo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yavuze ko nubwo nta biganiro cyangwa imishyikirano byigeze biba hagati ya Iran na Amerika, hari ubutumwa bwagiye bwohererezwa hagati y’impande zombi binyuze ku bihugu byabaye abahuza.

Yagize ati “Ubutumwa butangwa binyuze mu bihugu by’inshuti, natwe akaba ariho tunyura dusubiza, ariko ibyo ntibyitwa ibiganiro cyangwa imishyikirano.”

Ku rundi ruhande, ku mugoroba wo ku wa Gatatu, perezida Trump yavugiye i Washington ko abayobozi ba Iran bashishikajwe no kugera ku masezerano yo guhagarika Intambara

Yagize ati” barimo kuganira, kandi bashaka cyane kugera ku masezerano, ariko batinya kubivuga kuko bashobora kwicwa n’abaturage babo, cyangwa natwe tukabica.”

Trump ntiyigeze asobanura neza abo Amerika iri kuganira na bo muri Iran, mu gihe abayobozi benshi bakomeye bari mu bihumbi by’abantu bamaze kwicwa mu Burasirazuba bwo Hagati kuva Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran ku wa 28 Gashyantare.

Kuva icyo gihe, Iran na yo yagabye ibitero kuri Israel, ku birindiro bya Amerika ndetse no ku bihugu byo mu karere ka Gulf. Ndetse Kugeza ubu Nta Nibimenyetso Bigaragara By’uko Ishobora Kurangira Vuga,  Kuko Ministeri y’ingabo y’Amerika iri guteganya kohereza ibihumbi by’abasirikaremu karere ka Gulf, kugira ngo Perezida Donald Trump, abone uburyo  bwo gutangiza igitero cyo ku butaka, nk’uko amakuru dukesha Ibiro ntaramakuru by’abongereaza  Reutersabivuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

Next Post

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.