Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

radiotv10by radiotv10
26/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America,  Donald Trump, yavuze ko Iran ishishikajwe cyane no kugirana n’Igihugu cye amasezerano yo guhagarika intambara imaze hafi ibyumweru bine, mu gihe Iran yo ivuga ko ikiri gusuzuma umushinga w’ayo masezerano ariko ko itifuza kugirana ibiganiro byo guhagarika intambara na America.

Izi mvugo zivuguruzanya hagati y’ibi bihugu bihanganye ziracyakomeje, mu gihe ingaruka z’intambara ku bukungu no ku mibereho y’abantu zikomeje kwiyongera, aho ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rikomeje gukwira ku isi hose, ibigatuma ibigo n’ibihugu bitandukanye bihatana gushaka uko byahangana n’ingaruka zabyo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yavuze ko nubwo nta biganiro cyangwa imishyikirano byigeze biba hagati ya Iran na Amerika, hari ubutumwa bwagiye bwohererezwa hagati y’impande zombi binyuze ku bihugu byabaye abahuza.

Yagize ati “Ubutumwa butangwa binyuze mu bihugu by’inshuti, natwe akaba ariho tunyura dusubiza, ariko ibyo ntibyitwa ibiganiro cyangwa imishyikirano.”

Ku rundi ruhande, ku mugoroba wo ku wa Gatatu, perezida Trump yavugiye i Washington ko abayobozi ba Iran bashishikajwe no kugera ku masezerano yo guhagarika Intambara

Yagize ati” barimo kuganira, kandi bashaka cyane kugera ku masezerano, ariko batinya kubivuga kuko bashobora kwicwa n’abaturage babo, cyangwa natwe tukabica.”

Trump ntiyigeze asobanura neza abo Amerika iri kuganira na bo muri Iran, mu gihe abayobozi benshi bakomeye bari mu bihumbi by’abantu bamaze kwicwa mu Burasirazuba bwo Hagati kuva Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran ku wa 28 Gashyantare.

Kuva icyo gihe, Iran na yo yagabye ibitero kuri Israel, ku birindiro bya Amerika ndetse no ku bihugu byo mu karere ka Gulf. Ndetse Kugeza ubu Nta Nibimenyetso Bigaragara By’uko Ishobora Kurangira Vuga,  Kuko Ministeri y’ingabo y’Amerika iri guteganya kohereza ibihumbi by’abasirikaremu karere ka Gulf, kugira ngo Perezida Donald Trump, abone uburyo  bwo gutangiza igitero cyo ku butaka, nk’uko amakuru dukesha Ibiro ntaramakuru by’abongereaza  Reutersabivuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

Related Posts

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

by radiotv10
26/03/2026
0

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yasezeranyije Abayisilamu bo mu Rwanda ko ikibazo cy’ubutaka...

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye byumwihariko umutwe wa Wazalendo rwagabye ibitero muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu...

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

by radiotv10
24/03/2026
0

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57. Iyi mpanuka y’indege...

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

by radiotv10
24/03/2026
0

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe...

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

IZIHERUKA

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti
AMAHANGA

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

by radiotv10
26/03/2026
0

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

26/03/2026
“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

26/03/2026
Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

26/03/2026
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

26/03/2026
Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

26/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.