Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama wamenyekanye mu gufasha abahanzi, uherutse kwerura ko yamaze kuyoboka inzira yo gusebya u Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo, yangiwe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, bikimubaho agaragaza umujinya avuga ko yahururijwe nk’igisambo.
Uyu wahoze ari umushoramari mu bikorwa byo gufasha abahanzi nyarwanda, usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, aherutse kugaragaza ku mugaragaro ko yinjiye mu biyemeje gusebya no kuvuga nabi u Rwanda n’abayobozi barwo bakuru, bakoresheje ibinyoma.
Mu biganiro amaze iminsi akora ku mbuga nkoranyambaga, Bad Rama, yumvikanye asubiramo ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda, ibintu byamaganiwe kure n’abarimo abo mu muryango we.
Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, muri Leta Zunze Ubumwe za America, habereye igitaramo cyaririmbyemo umuhanzi Ruti Joel uri mu bagezweho mu njyana ya gakondo.
Uyu Bad Rama wari washatse kwitabira iki gitaramo cyarimo Abanyarwanda benshi, ntibyamuhiriye kuko yasohowe aho cyabereye, ndetse akanasabwa kuva mu bice bihegereye.
Nyuma y’ibi byamubayeho, Bad Rama yatangaje ko bitamushimishishije, kuko yari yitabiriye iki gitaramo ngo akoresheje imbaraga n’ubushobozi bye.
Yagize ati “Hari igitaramo cy’Umunyarwanda Ruti Joel, bamamaje igitaramo ndakibona nk’abandi nkora urugendo rwanyuze muri Leta enye zose ngo mpagere. Ndahageze ibibaye urabibonye, ntabwo ntuje na gato, uzi ko umuntu ampamagarije nk’igisambo!”
Umwe mu bari ahabereye iki gitaramo, avuga ko Bad Rama yahageze ari kumwe n’abantu bane ngo bashinzwe kumurindira umutekano ariko ko bitabujije abagiteguye kubamenyesha ko batabifuzamo.
Nyuma yuko Bad Rama na we yijanditse mu bikorwa bibi byo gusebya no kuvuga nabi u Rwanda n’Abayobozi barwo, mu bamwamaganye harimo n’umuvandimwe we Safi Eric wavuze ko nk’umurango we, bitandukanyije na we.
Yagize ati “Byarenze ko tubifata nk’igisebo, nta nubwo ari bya bindi ngo ‘ibyaye ikiboze irakirigata’ oya, ‘injangwe ivuye mu zindi iba inturo’.”
RADIOTV10











