Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

radiotv10by radiotv10
13/04/2026
in AMAHANGA
0
Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko amwibasiye avuga ko atari umufana we, amuziza kuba yaramaganye ibitero bya America kuri Iran.

Ni nyuma yuko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America atangaje amagambo akomeye kuri Leo XIV wanabaye Umushumba wa Kiliziya Gatulika wa mbere ukomoka muri America.

Papa Leo XIV yamaganye ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran, avuga ko ubutegetsi bwa Trump bwakoze ibidakwiye bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Donald Trump mu mvugo ziremereye mu kiganiro yatangaje mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yavuze ko Papa ari “umunyantege nke ku byaha” no “gukorera mu kwaha kw’abahezanguni.” Trump yavuze kandi ko Leo, Papa wa mbere w’Umunyamerika, akwiye “kwibanda ku kuba umushumba wa Kiliziya aho kuba Umunyapolitiki.”

Trump yagize ati “Ntabwo ndi umufana wa Pope Leo. Ni umuntu ukunda cyane ubwisanzure, kandi ni umugabo utizerera mu guhagarika icyaha. Ni gute avuganira Igihugu gishaka intwaro za kirimbuzi.”

Papa Leo XIV, kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko adatinya ubutegetsi bwa Trump. Yagize ati “Nta bwoba mfite ku butegetsi bwa Trump, cyangwa ngo mpagarike kuvuga mu ijwi riranguruye ubutumwa bw’ubutumwa bwiza, ari nabyo nizera ko ndi hano gukora.”

Papa abajijwe icyo yavuga ku magambo Trump yamuvuzeho ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth, yagize ati “Birasekeje, izina ry’urubuga ubwarwo. Ntukavuge byinshi.”

Papa yavuze ko azakomeza kwamagana intambara ku mugaragaro, gusa ahakana ibiriho bivugwa ko ahanganye na Bwana Trump, nyuma y’ariya magambo yamutangajeho. Yagize ati “Ibyo mvuga ntabwo ari ukwibasira umuntu uwo ari we wese.”

Yongeyeho ati “Simbona uruhare rwanjye nk’urwa politiki, umunyapolitiki. Sinshaka kujya impaka na we. Sintekereza ko ubutumwa bwiza bugomba gukoreshwa nabi nk’uko bamwe babikora.”

Papa yasubije ibi bibazo mbere y’amasaha abiri ngo ave i Roma yerecyeza yerecyeze ku Mugabane wa Afurika mu rugendo rwe rwa mbere, aho azasura Ibihugu nka Algeria, Cameroon, Angola, na Guinée Equatorial.

Yakomeje agira ati “Nzakomeza kuvuga cyane ndwanya intambara, nshaka kwamamaza amahoro, nteza imbere ibiganiro n’imibanire hagati y’Ibihugu kugira ngo nshake ibisubizo by’ibibazo biboneye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Related Posts

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

by radiotv10
13/04/2026
0

For the first time on the European continent, in Switzerland, delegates from the AFC/M23 coalition and those from the Government...

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

by radiotv10
13/04/2026
0

Ku nshuro ya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu Busuwisi, intumwa z’Ihuriro AFC/M23 n’iza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.