Ikawa y’u Rwanda yaje mu myaka itanu ya mbere zatsinze mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ryabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Muri iri murikagurisha ryiswe ‘World of Coffee San Diego’ ryabereye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America mu cyumweru gishize.
Ikigo cy’lgihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko iyi kawa y’u Rwanda yaje mu myanya itanu ya mbere.
NAEB yavuze ko “Ikawa y’u Rwanda yaje muri 5 zatsinze izindi mpagararizi 48 zasogongerewe mu Imurikagurisha mpuzamahanga ry’Ikawa ‘World of Coffee San Diego’, ryaberaga I California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuva kuwa 10 kugera kuwa 12 Mata 2026.”
NAEB ivuga ko “Ibi bishimangira umuhate w’u Rwanda mu kuzamura ubwiza, guhanga udushya ndetse n’ihiganwa ku isoko mpuzamahanga.”
Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2025, nanone Ikawa y’u Rwanda yari yaciye agahigo, aho iya kompanyi ikorera mu Karere ka Huye, yari yaguzwe 88.18$ ku kilo (129 000 Frw), mu cyamunara mpuzamahanga, ihita ica agahigo kadasanzwe.
Muri ririya rushanwa ryari ribaye ku nshuro ya kabiri, iyo ikomoka mu Rwanda itunganywa na Kompanyi ya K-Organics Ltd yari yaje muri 20 zaritsenzemo muri 316 zari zihatanye.



RADIOTV10







