Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro na Iran bigamije kurangiza intambara bishobora kongera kubura vuba, kandi bikarangira habonetse amasezerano yo kuyisoza.

Ibyo yabitangaje mu gihe ingabo za Amerika zamaze gufunga inzira zijya ku byambu bya Iran, ndetse no gusubiza inyuma amato avuye ku byambu byayo.

Perezida Trump kandi yasabye isi gutegereza ibishobora kuba mu minsi ibiri iri imbere.

Aganira n’itangazamakuru, Perezida Donald Trump yagize ati: “Ntekereza ko mu minsi ibiri iri imbere muzabona ibintu bitangaje cyane. Bishobora kurangira mu buryo ubwo ari bwo bwose, ariko ntekereza ko amasezerano ari yo meza kurusha ibindi, kuko azatuma bashobora kongera kwiyubaka.”

Trump yakomeje agira ati: “Mu by’ukuri ubu bafite ubuyobozi butandukanye. Ariko uko biri kose, twakuyeho abari intagondwa.”

Mu gihe hari icyizere ko abayobozi ba Amerika na Iran bashobora gusubira muri Pakistan gukomeza ibiganiro, Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, wayoboye ibiganiro byarangiye ku Cyumweru gishize bitatanze umusaruro,

yavuze ko afite icyizere ku cyerekezo ibintu birimo kuganamo nyuma y’aho Amerika ifashe umwanzuro wo gufunga ibyambu bya Iran.

Abayobozi bo muri Pakistan, Iran ndetse n’ibihugu bimwe byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, na bo bavuze ko ayo matsinda ashobora gusubira i Islamabad muri iki cyumweru.

Ibiganiro byo mu mpera z’icyumweru gishize byarangiye nta masezerano agezweho yo guhagarika intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare, no gufungura umuhora wa Hormuz nk’uko byari byitezwe, ahubwo bishyira mu kaga amasezerano yo guhagarika intambara mu gihe cy’ibyumweru bibiri impande zombi zari zemeranyijeho.

Ako gahenge k’ibyumweru bibiri kazarangira tariki ya 22 Mata, mu gihe hagitegerejwe kureba ko ibiganiro by’impande ziteganya kongera kugirira muri Pakistan byagera ku masezerano yo guhagarika intambara imaze guhitana abantu barenga 5,000 muri Iran na Liban.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

Next Post

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

Related Posts

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

During ongoing talks in Switzerland, the AFC/M23 coalition and the Government of the Democratic Republic of Congo have signed an...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

by radiotv10
15/04/2026
0

Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira...

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

by radiotv10
15/04/2026
0

U Burundi buravugwaho kohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC mu rugamba byumwihariko mu gace ka Minembwe...

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko...

IZIHERUKA

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe
AMAHANGA

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

15/04/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

15/04/2026
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.