Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yayoboye imyitozo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo kubigisha kurasa, na we agaragaza ubuhanga bwe, ahamya ibipimo byose yagombaga kurasa.

Ni igikorwa cyabereye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuyobozi (NALI) i Kyankwanzi, aho nyuma yo kurasa, yanakoresheje inama Abagize Inteko Ishinga Amategeko, yagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo gushimangira ubwirinzi bw’igihugu cya Uganda, imyitwarire iboneye y’abayobozi, no kurwanya ruswa.

Iki gikorwa cyari icya nyuma cyo gusoza umwiherero w’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, wasojwe ku mugaragaro wo kuri uyu wa 14 Mata.

Umwiherero w’icyumweru kimwe watangiye kuva ku ya 7 kugeza ku ya 14 Mata 2026, wari ufite ku nsanganyamatsiko igira iti “Guhuza ubuyobozi bwa NRM mu kurinda ibyagezweho no gutera intambwe ikomeye kandi y’icyitegererezo iganisha ku Gihugu gifite umusaruro uringaniye.”

Perezida Museveni ubwe wayoboye igikorwa cyo kwigisha abadepite ku uburyo gufata intwaro no kurasa, yanabonye uburyo bakoze uyu mwitozo, arabashimira, avuga ko bamwe muri bo bahoze ari abasirikare.

Yagize ati “Ndashimira abitabiriye. Ndabona bamwe muri bo ari abahoze ari abasirikare.”

Yasobanuye ko umutekano wa Uganda ushingiye ku gitekerezo cy’ingabo z’abaturage, aho abaturage batozwa kandi bashobora gusubira mu buzima bwa gisivili ariko bagakomeza kuba ingabo z’inkeragutabara igihe bikenewe.

Yagize ati “Iwacu ni ingabo z’abaturage. Dushishikariza abaturage kwiga ubumenyi ku ntwaro kugira ngo mu gihe habayeho ikibazo icyo ari cyo cyose, tubashe gukusanya umubare w’abantu kugira ngo barwanire Igihugu cyabo.”

Perezida Museveni yavuze ko ubwo buryo butuma n’ibihugu bifite abaturage bake biyubakamo ubushobozi bukomeye bwo kwirwanaho binyuze mu guhugura no gushishikariza abashinzwe umutekano.

Museveni yapimye ibipimo byose yari yahawe arabihamya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

Ubuyobozi bwavuze ku diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Related Posts

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

by radiotv10
16/04/2026
0

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

During ongoing talks in Switzerland, the AFC/M23 coalition and the Government of the Democratic Republic of Congo have signed an...

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

by radiotv10
15/04/2026
0

Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira...

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

by radiotv10
15/04/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro na Iran bigamije kurangiza intambara bishobora kongera kubura...

IZIHERUKA

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa
AMAHANGA

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

by radiotv10
16/04/2026
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze ku diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

16/04/2026
Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

16/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Ubuyobozi bwavuze ku diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.