• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yayoboye imyitozo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo kubigisha kurasa, na we agaragaza ubuhanga bwe, ahamya ibipimo byose yagombaga kurasa.

Ni igikorwa cyabereye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuyobozi (NALI) i Kyankwanzi, aho nyuma yo kurasa, yanakoresheje inama Abagize Inteko Ishinga Amategeko, yagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo gushimangira ubwirinzi bw’igihugu cya Uganda, imyitwarire iboneye y’abayobozi, no kurwanya ruswa.

Iki gikorwa cyari icya nyuma cyo gusoza umwiherero w’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, wasojwe ku mugaragaro wo kuri uyu wa 14 Mata.

Umwiherero w’icyumweru kimwe watangiye kuva ku ya 7 kugeza ku ya 14 Mata 2026, wari ufite ku nsanganyamatsiko igira iti “Guhuza ubuyobozi bwa NRM mu kurinda ibyagezweho no gutera intambwe ikomeye kandi y’icyitegererezo iganisha ku Gihugu gifite umusaruro uringaniye.”

Perezida Museveni ubwe wayoboye igikorwa cyo kwigisha abadepite ku uburyo gufata intwaro no kurasa, yanabonye uburyo bakoze uyu mwitozo, arabashimira, avuga ko bamwe muri bo bahoze ari abasirikare.

Yagize ati “Ndashimira abitabiriye. Ndabona bamwe muri bo ari abahoze ari abasirikare.”

Yasobanuye ko umutekano wa Uganda ushingiye ku gitekerezo cy’ingabo z’abaturage, aho abaturage batozwa kandi bashobora gusubira mu buzima bwa gisivili ariko bagakomeza kuba ingabo z’inkeragutabara igihe bikenewe.

Yagize ati “Iwacu ni ingabo z’abaturage. Dushishikariza abaturage kwiga ubumenyi ku ntwaro kugira ngo mu gihe habayeho ikibazo icyo ari cyo cyose, tubashe gukusanya umubare w’abantu kugira ngo barwanire Igihugu cyabo.”

Perezida Museveni yavuze ko ubwo buryo butuma n’ibihugu bifite abaturage bake biyubakamo ubushobozi bukomeye bwo kwirwanaho binyuze mu guhugura no gushishikariza abashinzwe umutekano.

Museveni yapimye ibipimo byose yari yahawe arabihamya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + four =

Previous Post

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Next Post

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.