U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma y’uko habaye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubutumwa bwamagana iki gikorwa bwatangajwe na Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata 2026.
Ubu butumwa bwanditse mu rurimi rw’Ikinyaranwa, bugira buti “u Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi cy’i Rouen. Burahamya ko bwifatanyije byimazeyo n’abarokotse n’imiryango yabo.”
Muri ubu butumwa kandi, u Bufaransa bwakomeje buvuga ko “Bwibutsa ko inshingano yo kwibuka n’iyo gutanga ubutabera bijyana.”

Ni ubutumwa kandi bwanatangajwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bufaransa, Pascal Confavreux na we wavuze ko u Bufaransa bwamaganye kiriya gikorwa cyo kwangiza ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, tariki 15 Mata 2026, Umuyobozi w’Umujyi wa Rouen, Nicolas Mayer-Rossignol yari yatangaje ko yababajwe bikomeye na kiriya gikorwa cyo kwangiza kiriya kimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside.
Yari yagize ati “Nababajwe cyane no gusanga ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yo mu Rwanda (bavuga Jenoside yakorewe Abatutsi) cyangijwe nyuma y’iminsi mice habaye ibikorwa byo Kwibuka.”
Uyu muyobozi wari wagaragaje amafoto yerekana uko iki kimenyetso cyangijwe, aho bafashe igice cyariho indabo bakagicaho, bakakijugunya mu mazi, yavuze ko biteye agahinda gakomeye, kandi ko uyu Mujyi wa Rouen ugiye gutanga ikirego.


RADIOTV10









