• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
18/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw’amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka Nyagatare kuko bari kwicwa, yafunzwe akurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyamba hacicikanye amashusho y’uyu musore uvuga ko witwa Mugisha Gad, avuga ko ari gutabariza bagenzi be bakora akazi ko gutwara abantu kuri moto bo mu Karere ka Nyagatare bari kwicwa.

Uyu musore na we usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri moto, uvuga ko ari gutabaza Igihugu n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare, avuga ko abamotari bibasiwe n’ubwo bwicanyi aba avuga, ngo ari abo mu Murenge wa Rukomo.

Ati “Nje gutabaza Igihugu n’Akarere ku iyicwa ry’abantu riri gukorerwa mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Rukomo cyane cyane, abamotari bari gutegerwa mu muhanda bakamburwa moto bakamwica. Ibi bintu bimaze kuba ku bantu benshi na Leta irabizi, abayobozi b’Akarere ka Nyagatare barabizi ariko nta kintu babikoraho.”

Akomeza avuga ko abantu bica abo bamotari, bahita bahungira mu Gihugu cya Uganda. Ati “Ugaheba, umuryango umuryango ukagushyingura. Abamotari ba Nyagatare turababaye cyane cyane mu Murenge wa Rukomo.”

Avuga ko umuhanda uva ahitwa Ku Kabasasi ugera Rukomo, n’ahandi hitwa muri Vene, ari ho hicirwa abo bantu.

Ati “N’ejobundi, hashize nk’iminsi nk’itatu Nyagatare ubwaho mu mujyi hiciwe umuntu mu gitondo bamukuramo amaso. Ibi bintu biteye agahinda.”

Nyuma y’ubu butumwa, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ibyatangajwe n’uyu musore ari ibihuha, ndetse ko yamaze gutabwa muri yombi azira iki cyaha.

Ubutumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda, bugira buti “Turamenyesha ko aya makuru atari ukuri. Uwabigizemo uruhare akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 39 y’itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga. Tuributsa buri wese kwirinda gutangaza no gukwirakwiza ibihuha kuko bihanwa n’amategeko.”

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 39: Gutangaza amakuru y’ibihuha

Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + ten =

Previous Post

Important things to use a bank loan for and get good returns

Next Post

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.