• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yashimye intambwe yatewe mu biganiro bya AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSO) bwashimye intambwe yatewe mu biganiro byahuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 byabereye i Montreux mu Busuwisi.

Mu nama yo kuva ku ya 13 kugeza ku ya 18 Mata, impande zombi ziyemeje kwemeza ko “haboneka ubufasha bwihuse, mu mutekano, kandi nta mbogamizi” mu turere twigaruriwe n’inyeshyamba za AFC-M23 no kwizeza ko hatangwa ubutabera. Ibi ni bimwe mu bigize gahunda ya Doha, yorohejwe na Qatar, Leta Zunze Ubumwe za America, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hamwe n’u Busuwisi nk’igihugu cyakiriye biriya biganiro.

Biriya biganiro kandi, byasize hatewe intambwe mu irekurwa n’ihererakanye ry’imfungwa zafatiwe ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa.

MONUSCO ishishikariza impande zombi gukomeza gushyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa aya masezerano mu gihe cya vuba, hagamijwe kurangiza ibibazo byugarije abaturage bagizweho ingaruka n’intambara.

Mu itangazo rya MONUSCO, yavuze iko “Ishima kandi umuhate w’imande zombi wo kubungabunga imibereho n’ibikorwaremezo, kugira ngo barinde uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage kandi zorohereze iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iyi nyandiko isaba Guverinoma n’inyeshyamba gushyira mu bikorwa ingamba zo kubaka icyizere, harimo no kurekura no guhererekanya imfungwa.”

MONUSCO kandi ivuga ko nk’indorerezi yitabiriye biriya biganiro, “ishimangira akamaro k’inzira yizewe kandi isobanutse mu kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano” ndetse ko yizeye kuzatanga umusanzu mu kugabanya ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abaturage.

Ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buvuga kandi ko buzagira uruhare mu gusubizaho ubutegetsi bwa Leta mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Next Post

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.