Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yashimye intambwe yatewe mu biganiro bya AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSO) bwashimye intambwe yatewe mu biganiro byahuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 byabereye i Montreux mu Busuwisi.

Mu nama yo kuva ku ya 13 kugeza ku ya 18 Mata, impande zombi ziyemeje kwemeza ko “haboneka ubufasha bwihuse, mu mutekano, kandi nta mbogamizi” mu turere twigaruriwe n’inyeshyamba za AFC-M23 no kwizeza ko hatangwa ubutabera. Ibi ni bimwe mu bigize gahunda ya Doha, yorohejwe na Qatar, Leta Zunze Ubumwe za America, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hamwe n’u Busuwisi nk’igihugu cyakiriye biriya biganiro.

Biriya biganiro kandi, byasize hatewe intambwe mu irekurwa n’ihererakanye ry’imfungwa zafatiwe ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa.

MONUSCO ishishikariza impande zombi gukomeza gushyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa aya masezerano mu gihe cya vuba, hagamijwe kurangiza ibibazo byugarije abaturage bagizweho ingaruka n’intambara.

Mu itangazo rya MONUSCO, yavuze iko “Ishima kandi umuhate w’imande zombi wo kubungabunga imibereho n’ibikorwaremezo, kugira ngo barinde uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage kandi zorohereze iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iyi nyandiko isaba Guverinoma n’inyeshyamba gushyira mu bikorwa ingamba zo kubaka icyizere, harimo no kurekura no guhererekanya imfungwa.”

MONUSCO kandi ivuga ko nk’indorerezi yitabiriye biriya biganiro, “ishimangira akamaro k’inzira yizewe kandi isobanutse mu kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano” ndetse ko yizeye kuzatanga umusanzu mu kugabanya ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abaturage.

Ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buvuga kandi ko buzagira uruhare mu gusubizaho ubutegetsi bwa Leta mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Next Post

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

by radiotv10
20/04/2026
0

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

by radiotv10
20/04/2026
0

Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu...

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

by radiotv10
17/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yatangaje ko inzira ya Hormuz yafunguwe nyuma y’amasezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho muri...

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasirikare benshi b'u Burundi bagaragaye mu gace ka Bibokoboko muri Segiteri ya Mutambala muri Teritwari ya Fizi mu Ntara Kivu...

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yatangaje ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wasanzwe mu modoka...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IBYAMAMARE

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

by radiotv10
20/04/2026
0

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.