Wednesday, April 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yategetse ibigo bya Leta ko mu modoka bigura hagomba kubamo nibura izingana na 30% zikoresha amashanyarazi.

Ikoreshwa ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, rikomeje gutezwa imbere, mu rwego rwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, ahashyizweho uburyo bwo korohereza ababitumiza.

Mu bikorwa byo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange kandi, hakomeje gushyirwamo imodoka zikoresha amashanyarazi, ndetse na moto zifashishwa n’abatwara abagenzi, zikaba zikomeje kwiyongera.

Ni gahunda kandi yakomeje kugaragaza ko icyenewe kuko ibikomoka kuri Peteroli bigenda birushaho guhenda, byumwihariko muri iki gihe hakomeje kuba intambara yo muri Iran.

Mu ibaruwa Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yandikiye ibigo bya Leta byose mu cyumweru gishize, tariki 14 Mata 2026, Guverinoma yabisabye “gukora ku buryo nibura 30% by’imodoka nshya zigurwa ziba zikoresha amashanyarazi uhereye igihe iyi baruwa isinyiwe, nk’imwe mu nzira zo kugabanya imyuka ihumanya yoherezwa mu kirere, kugabanya kwishingikiriza ku bikomoka kuri peteroli no guteza imbere ubwikorezi burambye kandi budahumanya.”

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kandi ivuga ko mu bigo bigaragara ko imodoka bigura ari muto, bikwiye gushyira imbere kugura izo zikoresha amashanyarazi.

Iti “Aho imibare igaragaza ko [imodoka zikoresha amashanyarazi] zajya munsi y’imwe cyangwa bisaba kugereranya, kugura imodoka zikoresha amashanyarazi bigomba gushyirwa imbere. Kunyuranya n’iki cyemezo bigomba gutangirwa ibisobanuro kandi bikabanza gutangirwa uruhushya na Minisiteri y’Ibikorwaremezo.”

Umubare w’imodoka zikoresha amashanyarazi ziri mu Rwanda, wagiye wiyongera, dore ko mu mwaka wa 2024 habarwaga izigera muri 512, ariko ukaba warakomeje kwiyongera dore ko n’ibigo by’ubucuruzi bizicuruza bikomeje kuzitumiza ku bwinshi binorohereza abashaka kuzigura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Next Post

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Related Posts

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Uwari umukozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu waherukaga kugaragara mu cyumweru gishize, yasanzwe mu nzu yabagamo mu Murenge wa...

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko iperereza ku rupfu rw'umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye uherutse gusangwa mu muferege yapfuye mu...

How to make your business earn more money and grow fast

How to make your business earn more money and grow fast

by radiotv10
22/04/2026
0

Making a profit in business feels good but what you do next with that money is what truly determines your...

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

by radiotv10
21/04/2026
0

The State Minister in the Ministry of Infrastructure, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, has said that shortages of essential goods...

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko ibura rya bimwe mu bikenerwa mu...

IZIHERUKA

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali
IBYAMAMARE

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
22/04/2026
0

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

22/04/2026
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

22/04/2026
Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

22/04/2026
Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

22/04/2026
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.