• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yategetse ibigo bya Leta ko mu modoka bigura hagomba kubamo nibura izingana na 30% zikoresha amashanyarazi.

Ikoreshwa ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, rikomeje gutezwa imbere, mu rwego rwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, ahashyizweho uburyo bwo korohereza ababitumiza.

Mu bikorwa byo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange kandi, hakomeje gushyirwamo imodoka zikoresha amashanyarazi, ndetse na moto zifashishwa n’abatwara abagenzi, zikaba zikomeje kwiyongera.

Ni gahunda kandi yakomeje kugaragaza ko icyenewe kuko ibikomoka kuri Peteroli bigenda birushaho guhenda, byumwihariko muri iki gihe hakomeje kuba intambara yo muri Iran.

Mu ibaruwa Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yandikiye ibigo bya Leta byose mu cyumweru gishize, tariki 14 Mata 2026, Guverinoma yabisabye “gukora ku buryo nibura 30% by’imodoka nshya zigurwa ziba zikoresha amashanyarazi uhereye igihe iyi baruwa isinyiwe, nk’imwe mu nzira zo kugabanya imyuka ihumanya yoherezwa mu kirere, kugabanya kwishingikiriza ku bikomoka kuri peteroli no guteza imbere ubwikorezi burambye kandi budahumanya.”

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kandi ivuga ko mu bigo bigaragara ko imodoka bigura ari muto, bikwiye gushyira imbere kugura izo zikoresha amashanyarazi.

Iti “Aho imibare igaragaza ko [imodoka zikoresha amashanyarazi] zajya munsi y’imwe cyangwa bisaba kugereranya, kugura imodoka zikoresha amashanyarazi bigomba gushyirwa imbere. Kunyuranya n’iki cyemezo bigomba gutangirwa ibisobanuro kandi bikabanza gutangirwa uruhushya na Minisiteri y’Ibikorwaremezo.”

Umubare w’imodoka zikoresha amashanyarazi ziri mu Rwanda, wagiye wiyongera, dore ko mu mwaka wa 2024 habarwaga izigera muri 512, ariko ukaba warakomeje kwiyongera dore ko n’ibigo by’ubucuruzi bizicuruza bikomeje kuzitumiza ku bwinshi binorohereza abashaka kuzigura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Next Post

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.