• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiri uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo, yatangaje ko rushobora kuzamura ibiciro byatwo kugeza kuri 30% cyangwa hejuru y’iki gipimo mu gihe intambara ya Iran yakomeza kubangamira ingendo z’ibikoresho by’ingenzi bifashisha badukora.

Goh Miah Kiat, Umuyobozi mukuru wa Karex, yabwiye itangazamakuru ko ikiguzi cyo gukora udukingirizo cyazamutse cyane kuva iriya ntambara yo muri Iran yatangira.

Iyi sosiyete ifite icyicaro muri Malaysia ikora udukingirizo turenga miliyari eshanu buri mwaka kandi ikanaranguza izindi sosiyete ziducuruza zikomeye ku isi nka Durex na Trojan, ndetse n’inzego z’ubuzima za Leta nka NHS yo mu Bwongereza.

Uyu muyobozi wa Karex, Goh yavuze ibi mu kiganiro yagiranye na Reuters na Bloomberg, cyagarukaga ku ihungabana ry’ibikorwa by’iyi sosiyete ryaturutse ku ntambara ihanganishije Leta Zunze Ubumwe za America na Iran.

Iyi ntambara kandi yatumye hafungwa umuhora wa Hormuz ukorerwamo ingendo z’ibikomoka kuri Peteroli byinshi bicuruzwa ku Isi, byateye izamuka ry’ibiciro byabyo kimwe n’ibindi byose nkenerwa.

Ruriya ruganda rw’udukingirizo rwa Karex runakoresha ibikoresho bikomoka kuri peteroli, harimo ammonia, ikoreshwa mu kubika udukingirizo kugira ngo tworohe.

Ni mu gihe kandi udukingirizo dukenerwa twiyongereyeho hafi 30% muri uyu mwaka, aho ibiciro byo gutwara imizigo biri hejuru kandi gutinda ku gutwara ibintu birushaho kuba bibi, nk’uko Goh yabitangaje.

Aganira na Bloomberg, Goh yagize ati “Mu bihe bikomeye, gukenera gukoresha udukingirizo birarushaho kwiyongera kuko uba utazi neza ahazaza hawe, niba ugifite akazi umwaka utaha [ashaka kuvuga ko no gukenera kuboneza urubyaro byiyongera].”

Yakomeje agira ati “Niba ufite umwana ubu, uzaba ufite undi munwa wo kugaburira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

How to make your business earn more money and grow fast

Next Post

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.