Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo kuvugurura Itegeko Nshinga ry’Iki Gihugu kuko gifite ibibazo uruhuri cyakagombye kubanza gushaka uburyo kibisohokamo.

Martin Fayulu atangaje ibi nyuma yuko Ihuriro ry’Amashyaka ashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi ritangije ibikorwa byo kwakira ibitekerezo bigamije kuvugurura Itegeko Nshinga nk’umugambi watangijwe n’uyu Mukuru w’Igihugu ngo bizamucire inzira yo kongera kwiyamamariza kukiyobora.

Mu butumwa yatangaje, Martin Fayulu usanzwe ari Umuyobozi w’ihuriro rya Lamuka, yagaragaje impungenge avuga ko kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe cy’akajagari k’ibibazo by’umutekano, no kuba Igihugu kitayobowe n’ubutegetsi bumwe, byateza “Ingaruka zikomeye.”

Yavuze ko “kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe hari ibice biri mu maboko y’uruhande ruhanganye na Leta rw’Ihuriro AFC/M23, aho inzego zibangikanye zigenda ziyongera, kandi aho abaturage bari mu kaga gahoraho, ni ugutangira inzira iteye akaga ifite ingaruka mbi.”

Kimwe n’abandi bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, Martin Fayulu na we ashimangira ko “ikibazo kiri muri Congo kitigeze kiba inyandiko y’Itegeko Nshinga, ahubwo ari ukwanga kuyubahiriza.” kandi ko nubwo ryavugururwa cyangwa rigahindurwa, abaryirengaho nta mpinduka bazagira.

Ati “Abanzi bacu ntibari ku mipaka yacu gusa. Inyota y’ubutegetsi ku bw’abaturage ni ikibazo gikomeye imbere mu Gihugu. Ubwenge bw’ikiremwamuntu butwigisha kwitonda mu gihe habayeho ibintu bikomeye.”

Yakomeje avuga ko abategetsi ba Congo badakwiye gukinira hejuru ya miliyoni 120 z’Abanyekongo b’ahazaza. Ati “Abantu baraza kandi bakagenda. Igihugu cyo kizahoraho.”

Martin Fayulu uyoboye abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, yahatanye na Perezida Tshisekedi mu matora y’umukuru 34,8% mu gihe Tshisekedi yari yagize 38,57%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seventeen =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

Next Post

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Related Posts

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’iki Gihugu wazize ibikomere yasigiwe n’igitero kimwe n’igiherutse kwivugana undi...

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

by radiotv10
22/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi,...

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

by radiotv10
22/04/2026
0

Nyiri uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo, yatangaje ko rushobora kuzamura ibiciro byatwo kugeza kuri 30% cyangwa...

IZIHERUKA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi
MU RWANDA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

23/04/2026
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

23/04/2026
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

23/04/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.