• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo kuvugurura Itegeko Nshinga ry’Iki Gihugu kuko gifite ibibazo uruhuri cyakagombye kubanza gushaka uburyo kibisohokamo.

Martin Fayulu atangaje ibi nyuma yuko Ihuriro ry’Amashyaka ashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi ritangije ibikorwa byo kwakira ibitekerezo bigamije kuvugurura Itegeko Nshinga nk’umugambi watangijwe n’uyu Mukuru w’Igihugu ngo bizamucire inzira yo kongera kwiyamamariza kukiyobora.

Mu butumwa yatangaje, Martin Fayulu usanzwe ari Umuyobozi w’ihuriro rya Lamuka, yagaragaje impungenge avuga ko kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe cy’akajagari k’ibibazo by’umutekano, no kuba Igihugu kitayobowe n’ubutegetsi bumwe, byateza “Ingaruka zikomeye.”

Yavuze ko “kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe hari ibice biri mu maboko y’uruhande ruhanganye na Leta rw’Ihuriro AFC/M23, aho inzego zibangikanye zigenda ziyongera, kandi aho abaturage bari mu kaga gahoraho, ni ugutangira inzira iteye akaga ifite ingaruka mbi.”

Kimwe n’abandi bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, Martin Fayulu na we ashimangira ko “ikibazo kiri muri Congo kitigeze kiba inyandiko y’Itegeko Nshinga, ahubwo ari ukwanga kuyubahiriza.” kandi ko nubwo ryavugururwa cyangwa rigahindurwa, abaryirengaho nta mpinduka bazagira.

Ati “Abanzi bacu ntibari ku mipaka yacu gusa. Inyota y’ubutegetsi ku bw’abaturage ni ikibazo gikomeye imbere mu Gihugu. Ubwenge bw’ikiremwamuntu butwigisha kwitonda mu gihe habayeho ibintu bikomeye.”

Yakomeje avuga ko abategetsi ba Congo badakwiye gukinira hejuru ya miliyoni 120 z’Abanyekongo b’ahazaza. Ati “Abantu baraza kandi bakagenda. Igihugu cyo kizahoraho.”

Martin Fayulu uyoboye abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, yahatanye na Perezida Tshisekedi mu matora y’umukuru 34,8% mu gihe Tshisekedi yari yagize 38,57%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Centrafrique zavuye abaturage 170

Next Post

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.