Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27 bahambirijwe amapingu mbere yo kuhagera, kandi ko batifuza kuba iki Gihugu boherejwemo kuko kirutwa n’ibyo bavuyemo bahunga.

Aba bantu 15 barimo ab’igitsinagabo n’inigitsinagore, barimo abakomoka muri Colombia, muri Ecuador, no muri Peru bakaba bamaze iminsi micye bageze muri DRC, nyuma yo kwirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Aba bacumbikiwe muri Hoteli iri mu nkengero za Kinshasa, baravuga ko birukanywe mu buryo bubi, ndetse ko Igihugu boherejwemo bakimenyeshejwe habura igihe gito.

Bavuga ko bamaze amasaha 27 mu ndege bahambirijwe amapingu, mbere yo kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro bagiranye na AFP, umukobwa witwa Gabriela w’imyaka 30 ukomoka muri Colombia, yavuze ko iki Gihugu cya Congo yoherejwemo atacyifuzaga habe na gato.

Uyu mukobwa wanze kuvuga izina rye, yagize ati “Sinifuzaga kujya muri Congo. Mfite ubwoba, sinzi ururimi bavuga hano.”

Yavuze ko yamenye aho agiye umunsi umwe mbere yo kwirukanwamuri Leta Zunze Ubumwe za America, ari na bwo yamenye iki Gihugu cya Congo, kuko atari akizi.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye abimukira birukanwe muri Leta Zunze Ubumwe za America ku nshuro ya mbere ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, iri mu rutonde rw’Ibihugu bya Afurika byemeye mu mezi ashize kwitabira umugambo wa America wo kubyoherereza abimukira badafite ibyangombwa, birimo Guinée Equatorial, Gana, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Kameruni, na Eswatini.

Aya masezerano yakunze kuba arimo inkunga y’amafaranga cyangwa ibikoresho bya America. Binyuze mu masezerano na Kinshasa, Washington ibona umutungo w’amabuye y’agaciro uboneka mu butaka bwa Congo kandi ari ingenzi ku nganda z’ikoranabuhanga ku isi.

Nta makuru menshi atangwa n’abayobozi b’Ibihugu byemeye kwakira aba bimukira ku bijyanye n’iherezo ryabo nyuma yo kuhagera, niba bazasubizwa mu Bihugu bavuyemo, cyangwa bakoherezwa mu bindi bizemera kubakira.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IMO) ribanza gutanga iby’ingenzi bifasha mu mibereho y’aba bimukira, rivuga ko bashobora kuzasubira muri America mu gihe babona ibyangombwa bibemerera kujya guturayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

Next Post

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Related Posts

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

by radiotv10
23/04/2026
0

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’iki Gihugu wazize ibikomere yasigiwe n’igitero kimwe n’igiherutse kwivugana undi...

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

by radiotv10
22/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi,...

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

by radiotv10
22/04/2026
0

Nyiri uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo, yatangaje ko rushobora kuzamura ibiciro byatwo kugeza kuri 30% cyangwa...

IZIHERUKA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi
MU RWANDA

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

23/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

23/04/2026
Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

23/04/2026
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.