Abasesengura iby’ubukungu bavuga ko icyemezo gisaba ibigo bya Leta kongera umubare w’imodoka z’amashanyarazi mu zo bigura, kizatanga umusaruro ku bukungu bw’igihugu, kuko amafaranga yakoreshwaga mu gutumiza ibikomoka kuri peteroli byinshi azashyirwa mu bindi bikorwa bibyara inyungu.
Tariki ya 14 Mata uyu mwaka, ni bwo Minisiteri y’Ibikorwaremezo yandikiye abashinzwe imari mu bigo bya Leta ibaruwa ibasaba ko, guhera igihe bayibonye, mu modoka nshya bagura hagomba kubamo nibura 30% zikoresha amashanyarazi. Ibi bigamije kugabanya kwishingikiriza kuri lisansi na mazutu gusa.
Iyi baruwa ikomeza igaragaza ko abafite imodoka zikoresha amashanyarazi ari bo bagomba kwibandwaho mu kugura izindi, kandi ko kunyuranya n’iki cyemezo bigomba kubanza gusabirwa uruhushya muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo.
Ni icyemezo Leta y’u Rwanda ifashe mu gihe isi, ndetse n’u Rwanda by’umwihariko, bikomeje guhangana n’ingaruka z’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, bitewe n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel. Abasesengura iby’ubukungu bavuga ko iki cyemezo ari cyiza, nubwo kije gikererewe.
Ni icyemezo cyiza ariko kije gikererewe
Umusesenguzi mu by’ubukungu Ruziga Emmanuel Masatura avuga ko iki cyemezo cyatinze gufatwa, kikaba kije ari uko hari ikibazo kigaragaraye ko bikenewe.
Yagize ati: “Ni icyemezo cyiza, ariko ubona ko nk’ibisanzwe bitubaho, dukunze gufata imyanzuro ikakaye nyuma yo guhura n’ikibazo aho gushyira imbaraga mu kukirinda. Ubu ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaramaze gutumbagira, bityo iki cyemezo kirakenewe, ariko si ubu gusa cyari gikenewe. Cyari gikenewe na mbere hose kugira ngo impinduka ku isoko mpuzamahanga zitagira ingaruka zikabije nk’izo tubona ubu.”
Masatura agaragaza kandi ko iki cyemezo gishobora gufasha igihugu mu iterambere ry’ubukungu, kuko amafaranga yakoreshwaga mu gutumiza ibikomoka kuri peteroli ashobora gushorwa mu bindi bikorwa bibyara inyungu.
Yagize ati: “Icya mbere, kugabanya gutumiza ibikomoka kuri peteroli bizagabanya amafaranga igihugu cyakoreshaga mu kubitumiza hanze. Ayo mafaranga ashobora gushorwa mu bindi bikorwa bifasha guteza imbere ubukungu.”
Akomeza avuga ko ibi bishobora no gutanga akazi, bijyanye na gahunda y’igihugu yo guhanga imirimo myinshi.
Yagize ati: “Iyo urebye uburyo Abanyarwanda bitabiriye kwiga, dufite benshi bize ibijyanye n’amashanyarazi bazabona akazi mu bijyanye no gukanika imodoka zikoresha amashanyarazi. Ibi bizafasha guhanga imirimo, byunganira gahunda y’igihugu yo kongera imirimo mishya kugeza mu 2029.”
Masatura yongeyeho ko kugira ngo iyi gahunda igire umusaruro, hakenewe kongera ibikorwa remezo byo gushyira umuriro muri izo modoka, kuko bikiri bike.
Yagize ati: “Ndaguha urugero rwanjye: mfite imodoka y’amashanyarazi, ariko kuyijyana mu ntara biragorana kubera ko nta bikorwaremezo bihagije bihari byo kuyishyiramo umuriro. No muri Kigali, nubwo bihari, usanga henshi hari imirongo miremire. Hakwiye gushyirwaho uburyo butuma sitasiyo zisanzwe zitanga lisansi na mazutu zibona n’aho imodoka z’amashanyarazi zishyirirwamo umuriro, kugira ngo hatazabaho ikibazo cy’uko izo modoka ziza ariko zikabura aho zikura umuriro.”
Kugeza ubu, 43% by’imodoka zinjira mu gihugu ni iza hybrid (zikoresha lisansi n’amashanyarazi). Mu mwaka wa 2024, imodoka z’amashanyarazi gusa zari 512, mu gihe izikoresha amashanyarazi na lisansi (hybrid) zari 7,172.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo igaragaza ko gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi bizafasha igihugu kugera ku ntego cyihaye yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere ho 38% bitarenze umwaka wa 2030.
Emelyne MBABAZI
RADIOTV10







