• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma yo gusabwa kujya kurarana n’abandi irondo ku Rwibutso, akabasubiza avuga ngo “ubundi ibi ni ibiki ndaririye, ababishe baje bakaharara?”

Uyu mugabo witwa Mukeshimana Paul akekwaho kuvuga ayo magambo ubwo yari kumwe n’abandi bararanye irondo, bakamusaba ko bajya ku Rwibutso wa Kirimbi rwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntirenganya François, uhagarariye Umuryango IBUKA Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Kirimbi, yavuze ko abari kumwe n’uyu mugabo bihutiye kumenyesha inzego nyuma yo kuvuga ariya magambo.

Ati “Nka Ibuka tuyabonamo ingengabitekerezo ya Jenoside. Yaratubabaje cyane nk’abarokotse bafite abacu barushyinguyemo, kubona ahahagarara akahavugira amagambo adutoneka bene kariya kageni, ngo abatwiciye abacu nibaze babararire?”

Akomeza avuga ko bibabaje kuba umuntu w’imyaka 42 atinyuka agakoresha ariya magambo azi n’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi n’agahinda n’ingaruka yasigiye abayirokotse, kuko yabaye ariho.

Ati “Turasaba ko nahamwa n’icyaha azahanwa by’intangarugero bikanabera abandi urugero rwo kudakinisha inzibutso zitubikiye amateka y’abacu.’’

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kirimbi rusanzwe ruruhukiyemo inzirakarenga zirenga ibihumbi birindwi, aho ku manywa rurindwa n’abazamu babiri, naho mu masaha y’ijoro rukarindwa n’irondo nka ririya n’ubundi ryagombaga kujya kururinda ubwo uriya mugabo yavugaga amagambo y’ingengabitekerezo.

Ntirenganya François, uhagarariye Umuryango IBUKA mu Murenge wa Kirimbi, avuga ko hari amakuru avuga ko hari n’abandi bajya basabwa kujya kurara irondo ku Rwibutso, bakagaragaza ko batabishaka ariko ntibabyerure.

Yaboneyeho gusaba abaturage ko igihe bumvise abantu nk’aba, bajya babimenyesha inzego, kuko biri mu bikorwa bigize ingengabitekerezo ya Jenoside.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Next Post

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.