Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma yo gusabwa kujya kurarana n’abandi irondo ku Rwibutso, akabasubiza avuga ngo “ubundi ibi ni ibiki ndaririye, ababishe baje bakaharara?”

Uyu mugabo witwa Mukeshimana Paul akekwaho kuvuga ayo magambo ubwo yari kumwe n’abandi bararanye irondo, bakamusaba ko bajya ku Rwibutso wa Kirimbi rwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntirenganya François, uhagarariye Umuryango IBUKA Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Kirimbi, yavuze ko abari kumwe n’uyu mugabo bihutiye kumenyesha inzego nyuma yo kuvuga ariya magambo.

Ati “Nka Ibuka tuyabonamo ingengabitekerezo ya Jenoside. Yaratubabaje cyane nk’abarokotse bafite abacu barushyinguyemo, kubona ahahagarara akahavugira amagambo adutoneka bene kariya kageni, ngo abatwiciye abacu nibaze babararire?”

Akomeza avuga ko bibabaje kuba umuntu w’imyaka 42 atinyuka agakoresha ariya magambo azi n’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi n’agahinda n’ingaruka yasigiye abayirokotse, kuko yabaye ariho.

Ati “Turasaba ko nahamwa n’icyaha azahanwa by’intangarugero bikanabera abandi urugero rwo kudakinisha inzibutso zitubikiye amateka y’abacu.’’

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kirimbi rusanzwe ruruhukiyemo inzirakarenga zirenga ibihumbi birindwi, aho ku manywa rurindwa n’abazamu babiri, naho mu masaha y’ijoro rukarindwa n’irondo nka ririya n’ubundi ryagombaga kujya kururinda ubwo uriya mugabo yavugaga amagambo y’ingengabitekerezo.

Ntirenganya François, uhagarariye Umuryango IBUKA mu Murenge wa Kirimbi, avuga ko hari amakuru avuga ko hari n’abandi bajya basabwa kujya kurara irondo ku Rwibutso, bakagaragaza ko batabishaka ariko ntibabyerure.

Yaboneyeho gusaba abaturage ko igihe bumvise abantu nk’aba, bajya babimenyesha inzego, kuko biri mu bikorwa bigize ingengabitekerezo ya Jenoside.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 13 =

Previous Post

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Related Posts

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

by radiotv10
23/04/2026
0

Abasesengura iby’ubukungu bavuga ko icyemezo gisaba ibigo bya Leta  kongera umubare w'imodoka z'amashanyarazi mu zo bigura, kizatanga umusaruro ku bukungu...

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

by radiotv10
23/04/2026
0

The City of Kigali has announced that starting this Friday, four roads will begin operating a dedicated path reserved only...

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

Abiga mu Ishuri Rikuru rya RDF basuye ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora banaganirizwa n’Abajenerali barimo Gen(Rtd) Ibingira

by radiotv10
23/04/2026
0

Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda rishinzwe amahugurwa y’aba Ofisiye bakuru (RDFSCSC), basuye ibice bibumbatiye amateka y’urugamba rwo...

IZIHERUKA

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso
MU RWANDA

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

by radiotv10
23/04/2026
0

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

23/04/2026
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

23/04/2026
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

23/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.