Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho izikabakaba 1/2 zatangiranye n’uburyo bushya bwo kugena ibisate by’imihanda binyurwamo gusa na bisi z’abagenzi.

Kongera izi bisi muri gahunda yo gutwara abagenzi byemejwe na Rukera Aubin, Umuyobozi Mukuru wa sosiyete ya Ecofleet Solutions ishinzwe gahunda yo gutwara abagenzi.

Yavuze iki gikorwa cyo kongera izi bisi kigamije gukomeza kunoza gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ndetse ko izigera muri 20 zinjira mu mihanda ya Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata, umunsi wanatangirijweho uburyo bushya bwo kugenera bisi ibisate byazo byihariye mu mihanda imwe n’imwe.

Yagize ati “Izindi bisi zirategerejwe mu gihe cya vuba, ku buryo muri Gicurasi umubare wose uzagera hafi kuri 50.”

Kunoza gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ni imwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda, aho imaze iminsi inagira abantu gukoresha ubu buryo aho kugenda mu modoka zabo bwite.

Ibi ni na byo byatumye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza imihanda ine igiye gutangirizwamo iriya gahunda yo kugena ibisate byagenewe Bisi gusa, mu masaha abagenzi ari benshi.

Iyi mihanda irimo uturuka muri Rond Point yo mu mujyi (City Centre Roundabout) ugana Peyage-Kanogo-Rwandex-Sonatubes-mu Giporoso kugera ku Cyamitsingi.

Hari kandi umuhanda uturuka Sonatube-Kicukiro Centre ugakomeza kuri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Undi muhanda, n’uva mu Mujyi rwagati Downtown ugana kuri 1930 (ahahoze Igororero rya Nyarugenge) ugakomeza Roundabout-Yamaha-Gare ya Nyabugogo.

Undi muhanda wa kane, ni uva kuri Hoteli Gloria (mu Mujyi rwagati) ugana ku Isoko rya Nyarugenge ukagera kuri City Plaza.

Umuyobozi wa Ecofleet Solutions, Rukera yatangaje ko ubusanzwe bisi zitwara abagenzi zihagarara iminota 10’ mu masaha yo kujya ku kazi, ariko ko nihatangira iyi gahunda y’ibisate byagenewe bisi gusa, zizajya zihagarara iminota 5’.

Rukera akomeza avuga ati “Iyi mihanda yagenewe bisi gusa izatuma zigenda zihuta kandi zihaguruka kenshi, bityo bisabe kongera umubare wazo.”

Yavuze kandi ko umubare wa bisi za Leta zikoreshwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zizongerwa ku buryo muri Kamena umwaka utaha zizaba zigeze kuri 300 ziganjemo izikoresha amashanyarazi.

Muri izo bisi kandi, izibarirwa mu 190 zizaba zaramaze kugera mu Gihugu, ndetse uyu mwaka wa 2026 ukazarangira zaratangiye gukoreshwa mu gutwara abagenzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Related Posts

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

by radiotv10
24/04/2026
0

In a world where banks, mobile wallets, and digital savings apps are becoming more common, traditional systems like community savings...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba, inzobere mu mategeko, akaba n’umwe mu bahanga mu gutanga ibiganiro mbwirwaruhame, yavuze ko Jenoside yakorewe...

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

IZIHERUKA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

24/04/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

24/04/2026
Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

24/04/2026
Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

23/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.