Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho izikabakaba 1/2 zatangiranye n’uburyo bushya bwo kugena ibisate by’imihanda binyurwamo gusa na bisi z’abagenzi.
Kongera izi bisi muri gahunda yo gutwara abagenzi byemejwe na Rukera Aubin, Umuyobozi Mukuru wa sosiyete ya Ecofleet Solutions ishinzwe gahunda yo gutwara abagenzi.
Yavuze iki gikorwa cyo kongera izi bisi kigamije gukomeza kunoza gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ndetse ko izigera muri 20 zinjira mu mihanda ya Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata, umunsi wanatangirijweho uburyo bushya bwo kugenera bisi ibisate byazo byihariye mu mihanda imwe n’imwe.
Yagize ati “Izindi bisi zirategerejwe mu gihe cya vuba, ku buryo muri Gicurasi umubare wose uzagera hafi kuri 50.”
Kunoza gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ni imwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda, aho imaze iminsi inagira abantu gukoresha ubu buryo aho kugenda mu modoka zabo bwite.
Ibi ni na byo byatumye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza imihanda ine igiye gutangirizwamo iriya gahunda yo kugena ibisate byagenewe Bisi gusa, mu masaha abagenzi ari benshi.
Iyi mihanda irimo uturuka muri Rond Point yo mu mujyi (City Centre Roundabout) ugana Peyage-Kanogo-Rwandex-Sonatubes-mu Giporoso kugera ku Cyamitsingi.
Hari kandi umuhanda uturuka Sonatube-Kicukiro Centre ugakomeza kuri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro.
Undi muhanda, n’uva mu Mujyi rwagati Downtown ugana kuri 1930 (ahahoze Igororero rya Nyarugenge) ugakomeza Roundabout-Yamaha-Gare ya Nyabugogo.
Undi muhanda wa kane, ni uva kuri Hoteli Gloria (mu Mujyi rwagati) ugana ku Isoko rya Nyarugenge ukagera kuri City Plaza.
Umuyobozi wa Ecofleet Solutions, Rukera yatangaje ko ubusanzwe bisi zitwara abagenzi zihagarara iminota 10’ mu masaha yo kujya ku kazi, ariko ko nihatangira iyi gahunda y’ibisate byagenewe bisi gusa, zizajya zihagarara iminota 5’.
Rukera akomeza avuga ati “Iyi mihanda yagenewe bisi gusa izatuma zigenda zihuta kandi zihaguruka kenshi, bityo bisabe kongera umubare wazo.”
Yavuze kandi ko umubare wa bisi za Leta zikoreshwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zizongerwa ku buryo muri Kamena umwaka utaha zizaba zigeze kuri 300 ziganjemo izikoresha amashanyarazi.
Muri izo bisi kandi, izibarirwa mu 190 zizaba zaramaze kugera mu Gihugu, ndetse uyu mwaka wa 2026 ukazarangira zaratangiye gukoreshwa mu gutwara abagenzi.
RADIOTV10








