Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin
Share on FacebookShare on Twitter

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje.

Urwo rukiko rwemeje ibyari byatangajwe by’agateganyo mu cyumweru gishize, aho byagaragazaga ko uwari watanzweho umukandida na perezida uriho, Patrice Talon, yatsinze ku buryo bugaragara.

Abakurikiranira hafi politiki y’iki gihugu bemeza ko ibyavuye mu matora yo ku wa 12 Mata byari bizwi mbere, kuko umukandida rukumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Paul Hounkpè, ari we wenyine wari uhanganye na Romuald Wadagni, mu gihe ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya The Democrats ritashoboye kwitabira kubera kubura abashyigikira bahagije.

Perezida w’urukiko, Cossi Dorothe Sossa, yatangaje ati “Urukiko rutangaje ku buryo budasubirwaho ko Bwana Kossi Mbueke Romuald Wadagni ari we watorewe kuba Perezida wa Repubulika, naho Madamu Mariam Chabi Talata aba visi perezida.”

Biteganyijwe ko Wadagni azarahirira kuyobora igihugu cya Benin ku wa 24 Gicurasi 2026.

Urukiko rwavuze ko nta makosa rwabonye yatuma amatora aseswa, kandi ko nta birego byatanzwe ku byavuye mu matora.

Nubwo imibare ya nyuma itatangajwe, iby’ibanze byari byerekanye ko Wadagni yabonye amajwi agera kuri 94%, mu gihe abitabiriye amatora bari 58.8%.

Mu gihe cy’imyaka 10 yari amaze ari Minisitiri w’Imari, Wadagni yagiye ashimirwa kuba yarazamuye ubukungu, agabanya kimwe cya gatatu cy’umwenda wa leta yari ifitiye amahanga, ugera kuri 3% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP).

Akimara gutsinda, Romuald Wadagni yavuze ko yiteguye gukomeza umurongo wa Talon, ushimirwa kuba yarazamuye ubukungu bw’iki gihugu binyuze mu guteza imbere ubukerarugendo n’ibikorwa remezo, nubwo iki gihugu kigihanganye n’ibibazo bikomeye birimo umutekano muke mu majyaruguru y’igihugu, aho hakomeje ibitero by’imitwe y’iterabwoba.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + fourteen =

Previous Post

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Related Posts

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

by radiotv10
23/04/2026
0

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’iki Gihugu wazize ibikomere yasigiwe n’igitero kimwe n’igiherutse kwivugana undi...

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin
AMAHANGA

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

24/04/2026
Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

24/04/2026
Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

24/04/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

24/04/2026
Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.