Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza ku isonga ari ‘Ineza’ ryiswe abana barenga 8 000, mu bahungu hakaza ‘Ishimwe’ na ryo ryiswe abarenga ibihumbi umunani.
Aya mazina yashyizwe hanze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), ni amazina 10 y’Ikinyarwanda, bamwe bita amapagani yaje ku isonga yagiye yitwa abana bavutse umwaka ushize.
Mu cyiciro cy’abana b’abakobwa, izina riza ku mwanya wa mbere mu yiswe abana benshi, ni ‘Ineza’ ryahawe abana 8 216, ku mwanya wa kabiri haza izina ‘Ishimwe’ ryiswe abana 5 857.
Ku mwanya wa gatatu haza izina ‘Uwase’ ryiswe abana 5 449, ku mwanya wa kane hakaza izina ‘Irakoze’ ryiswe abana 3 079, naho ku mwanya wa gatanu hakaza izina ‘Igiraneza’ ryahawe abana 2 859.
Mu cyiciro cy’abahungu, izina riza ku mwanya wa mbere ryiswe abana benshi bavutse mu mwaka wa 2025, ni ‘Ishimwe’ ryiswe abana 4 407, ku mwanya wa kabiri hakaza izina ‘Iganze’ ryahawe abana 5 070.
Ku mwanya wa gatatu haza izina ‘Mugisha’ ryiswe abana 3 380, ku mwanya wa kane hakaza izina ‘Hirwa’ ryiswe abana 3 380, naho ku mwanya wa gatanu hakaza izina ‘Irakoze’ ryahawe abana 2 637.
Andi mazina atanu ya nyuma muri aya icumi ya mbere muri buri cyiciro murayasanga mu mbonerahamwe dukesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR.
Muri ibi byiciro byombi; icy’abahungu n’icy’abakobwa amazina menshi muri yo arahuye nubwo adahuje imyanya n’imibare, dore ko nk’amazina ‘Ineza’, ‘Ishimwe’, ‘Irakoze’, ‘Igiraneza’, ‘Iganze’, na ‘Iradukunga’ yose ari mu icumi ya mbere muri buri cyiciro.

RADIOTV10








