Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

radiotv10by radiotv10
28/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kimuye amasasu n’intwaro za rutura bivanwa mu bigo bikomeye bya gisirikare i Bujumbura bijyanwa i Gitega, mu gihe havugwa itutumba ry’umwuka mubi mu nzego z’umutekano z’iki Gihugu, aho bivugwa ko Perezida Ndayishimiye yabikoze ashaka guhungisha intwaro abasirikare atagifitiye icyizere gihagije.

Ibi bikorwa byo kwimura amasasu n’intwaro by’igisirikare cy’u Burundi mu bigo bya gisirikare bikomeye i Bujumbura, bibaye nyuma y’impinduka Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gukora mu buyobozi bw’Ingabo.

Ikinyamakuru The Great Lakes Eyes dukesha aya makuru, kiravuga ko tariki 24 Mata 2026, amakamyo ya gisirikare agera kuri 50 yatwaye amasasu n’ibikoresho birimo intwaro za rutura abikura mu bigo bya gisirikare bya Muha na Muzinda zo mu Ntara ya Bujumbura, ndetse no mu kigo cya gisirikare cya Brigade cya Mwaro Artillery mu Ntara ya Gitega, azijyana mu nkambi ya 3 ya Batayo ya 3 ya Batayo ya Gitega ya FDNB.

Iki gikorwa gitunguranye cyo kwimurwa intwaro kibaye nyuma y’ukwezi kumwe gusa habaye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura ryabaye tariki 31 Werurwe 2026.

Iperereza kuri iri turika, ryagaragaje ko ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano mu ngabo, ahubwo rikurikirwa n’impaka zikomeye ku nzego zo hejuru z’Igihugu.

Nyuma gato y’ibyabaye, Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza yabwiye itangazamakuru ko guturika kwatewe n’ikibazo cy’amashanyarazi, ariko Perezida Ndayishimiye yaje abivuguruza, avuga ko kiriya kigo nta mashanyarazi cyari gifite.

Tariki 22 Mata, Perezida Ndayishimiye yakoze impinduka mu buyobozi bwa gisirikare, akuraho Coloneli Ernest Musaba ku mwanya w’Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikoresho bya gisirikare, amusimbuza Colonel Thierry Kabura.

Bivugwa ko nyuma y’iminsi ibiri gusa, Colonel Kabura ahawe izi nshingano, Perezida Ndayishimiye yamutegetse kwimura imwe mu mitungo y’agaciro y’ingabo i Bujumbura. Muri yo harimo imbunda za 120mm na 82mm, ndetse n’imbunda za roketi za BM-21, n’izindi.

Ibi byose bivugwa ko bishingiye ku bibazo byabayeho birimo kuba harabayeho ririya turika ry’i Musaga, hakurikiyeho kutumvikana hagati ya Perezida Ndayishimiye ndetse na bamwe mu bayobozi mu Ngabo, ndetse haza no kubaho kwirukanwa kwa bamwe mu bayobozi bakuru mu gisirikare.

Ubu, intwaro zikomeye ziri kwimurwa i Bujumbura. Ibi byose hamwe bigaragaza ko Ndayishimiye atari gusubiza gusa ikibazo cy’umutekano; ashobora kandi kuba ahangayikishijwe n’imyivumbagatanyo ishobora kuba mu Gihugu, kubera ibi bibazo byose

Mu kwimura intwaro n’amasasu bivuye i Bujumbura bijya i Gitega, Ndayishimiye asa nk’aho agerageza gushyira imitungo y’ingenzi y’ingabo kure y’ingabo atagifitiye icyizere gihagije.

Hari kandi amakimbirane yagiye abaho mu gisirikare, aho bamwe mu bakamanda bagiye banenga uburyo Ndayishimiye yinjiye mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC kurwanya AFC/M23, ndetse igisirikare cy’u Burundi kikaba cyatarakarijemo abasirikare benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

Next Post

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Related Posts

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

by radiotv10
27/04/2026
0

Umugabo ukekwaho kugaba igitero i Washington, ahaberaga ibirori byari byitabiriwe na Perezida Donald Trump, ategerejwe kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu...

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

by radiotv10
27/04/2026
0

Abasirikare bane bo ku rwego rw’abofisiye, barimo ufite ipeti rya Brigadier, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare Rukuru rwa Makindye, baregwa...

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

by radiotv10
27/04/2026
0

Ubukwe bwahuriyemo couples 300 zasezeraniye icyarimwe muri Gaza, bwasigiye ibyishimo bidasanzwe ababukoze, bishimiye intangiriro idasanzwe y’ubuzima bushya. Ubu bukwe bwabereye...

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, yashimiye Ishyaka rye CNDD-FDD ryongeye kumugirira icyizere kugira ngo azarihagararire nk’umukandida waryo mu Matora y’Umukuru...

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu...

IZIHERUKA

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion
MU RWANDA

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

by radiotv10
28/04/2026
0

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

28/04/2026
Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.