Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yagize icyo avuga ku banengera iki Gihugu kwakira abimukira birukanywe na America, avuga ko bazahamara igihe gito ubundi bakagenda.
Ni nyuma y’iminsi irenga icumi abimukira ba mbere bageze i Kinshasa tariki 17 Mata 2026, bagize itsinda rya mbere ry’abimukira birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America hakurikijwe amasezerano hagati y’ibihugu byombi.
Aba baturage 15, bakomoka muri America y’Amajyepfo no hagati, bacumbikiwe mu nyubako ya hoteli iri mu murwa mukuru i Kinshasa kuva bahagera. Bahawe viza y’icyumweru kimwe. Ubu bagomba guhitamo hagati yo gusubira mu Bihugu bakomokamo cyangwa kuguma muri DRC by’agateganyo.
Iyi gahunda yanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, ihangayikishijwe n’uburyo bwo kwakira abimukira n’amategeko agenga ubu bwirukanwe.
Ku bw’ibi bibazo biri mu masezerano, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya, yasabye ko guverinoma yakwizeranwa.
Aganida na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), Patrick Muyaya ntiyigeze yemeza ko hari ibiganiro n’abayobozi ba Amerika ku bijyanye no kwimura abimukira bo muri Afghanistan.
Yagize ati “Abakomoka mu Bihugu bitatu bahageze bafite impushya zo gutura muri iki Gihugu by’igihe gito by’agateganyo.”
Yakomeje agira ati “Ndashaka kongera kuvuga ko tugomba kwirinda gutera ubwoba rubanda. Iki ni igikorwa gifite igihe ntarengwa.”
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango itegamiye kuri Leta, bamaze igihe bazamura amajwi bamagana ariya masezerano. Abanyamategeko batagira imipaka nabo bagaragaje impungenge, bavuga mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ko aya masezerano “agize uburyo budakwiye bwo korohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, n’uburyo bwo gushyira igitutu ku bantu batishoboye kugira ngo bemere gutahuka ku gahato.”
RADIOTV10









