• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

radiotv10by radiotv10
30/04/2026
in AMAHANGA
0
Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo buzahura n’akaga.

General Muhoozi, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, akaba ari na we mfura ye, yatangaje ibi mu butumw ayanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, akunze kwisanzuraho agatanga ibitekerezo binyuranye rimwe na rimwe ntibinavugweho rumwe.

Yatangaje ibi abanje

Ni ubutumwa yatangije avugamo u Rwanda, aho yavuze ko ari “ubutanga bw’ABachwezi banini. Ibyo kandi ni kimwe natwe Bachewezi. Mu mateka y’ahahise Abatutsi babaga ari barebare basumba Bahima ariko ku bw’Imana tugenda tureshya na bo.”

General Muhoozi yakomeje agira ati “Nabwiye abana banjye ko nibaramuka banzaniye abantu bagufi ngo tubabashyingire, nzagaba ibitero mu bukwe bwabo. Hazaba hari amasasu.”

Muhoozi Kainerugaba we n’umugore we Charlotte Kutesa bashyingiranywe mu 1999, bafitanye abana batatu, umukobwa umwe n’abahungu babiri barimo Ruhamya Kainerugaba uherutse kwinjira mu gisirikare cya Uganda.

Muhoozi atangaje ibi, nyuma y’iminsi micye Umwishywa we Sasi Karugire akaba umwana wa mushi we Natasha Museveni ndetse Karugire na Edwin Karugire, akorewe imihango ibanziriza iy’ubukwe.

Iyi mihango izwi nka ‘Kuhingira’ yanitabiriwe na Perezida Museveni wanagaragaje nyuma ibyishimo byo kuba agiye kubona ubukwe bw’umwuzukuru we.

Muhoozi muri 2022 yari yagaragaje ifoto yafashwe mu myaka 17 yari ishize, ari kumwe n’abana be

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Next Post

The Silent Pressure of “Looking Successful” on social media in Rwanda

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
The Silent Pressure of “Looking Successful” on social media in Rwanda

The Silent Pressure of “Looking Successful” on social media in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.