• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

radiotv10by radiotv10
29/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo, wiyita Umupfumu, wari umaze igihe afungiwe ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafunguwe ubu akaba ari kubarizwa iwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times, avuga ko Salongo yageze iwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, asanga bamwiteguye banamuteguriye amazimano.

Yarekuwe nyuma yko hirya y’ejo hashize tariki 27 Mata, Urukiko Rukuru rumukatiye igifungo cy’umwaka umwe rumuhamije icyaha kimwe cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwamuregaga ibyaha bitatu; icyo kudasobanura inkomoko y’umutungu, icy’iyezandonke n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Uyu mugabo wiyita umupfumu yari yarakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw.

Uregwa ntiyari yanyuzwe n’iki cyemezo, akijurira mu Rukiko Rukuru, ari na rwo rwamukatiye igifungo cy’umwaka umwe, ahita arekurwa kuko umwaka yari awurengeje afunzwe, dore ko yatawe muri yombi mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Icyemezo cy’Urukiko Rukuru cy’igifungo cy’umwaka umwe, cyasomwe n’Urukiko Rukuru tariki 27 Mata 2026, nyuma yuko uru Rukiko ruburanishije ubujurire bwe.

Mu kwezi k’Ukwakira 2024 ubwo Salongo yatabwaga muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwavuze ko yafunzwe nyuma yuko hari abantu batandukanye bari batanze ibirego, bavugaga ko yabizezaga ko ari umuvuzi gakondo ufite imbaraga zidasanzwe zo kugaruza ibyibwe ndetse n’ubushobozi bwo kuvura indwara zitandukanye.

Ubwo yari amaze gutabwa muri yombi muri 2024, hanakozwe isaka aho yakoreraga ibikorwa by’ubupfumu mu Mudugudu wa Mayange mu Mkagari mu Kagari ka Maranyundo mu Karere ka Bugesera, hasanzwe ibyo yakoreshaga birimo impu z’ibisimba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Next Post

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.