Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

radiotv10by radiotv10
29/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo, wiyita Umupfumu, wari umaze igihe afungiwe ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafunguwe ubu akaba ari kubarizwa iwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times, avuga ko Salongo yageze iwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, asanga bamwiteguye banamuteguriye amazimano.

Yarekuwe nyuma yko hirya y’ejo hashize tariki 27 Mata, Urukiko Rukuru rumukatiye igifungo cy’umwaka umwe rumuhamije icyaha kimwe cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwamuregaga ibyaha bitatu; icyo kudasobanura inkomoko y’umutungu, icy’iyezandonke n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Uyu mugabo wiyita umupfumu yari yarakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw.

Uregwa ntiyari yanyuzwe n’iki cyemezo, akijurira mu Rukiko Rukuru, ari na rwo rwamukatiye igifungo cy’umwaka umwe, ahita arekurwa kuko umwaka yari awurengeje afunzwe, dore ko yatawe muri yombi mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Icyemezo cy’Urukiko Rukuru cy’igifungo cy’umwaka umwe, cyasomwe n’Urukiko Rukuru tariki 27 Mata 2026, nyuma yuko uru Rukiko ruburanishije ubujurire bwe.

Mu kwezi k’Ukwakira 2024 ubwo Salongo yatabwaga muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwavuze ko yafunzwe nyuma yuko hari abantu batandukanye bari batanze ibirego, bavugaga ko yabizezaga ko ari umuvuzi gakondo ufite imbaraga zidasanzwe zo kugaruza ibyibwe ndetse n’ubushobozi bwo kuvura indwara zitandukanye.

Ubwo yari amaze gutabwa muri yombi muri 2024, hanakozwe isaka aho yakoreraga ibikorwa by’ubupfumu mu Mudugudu wa Mayange mu Mkagari mu Kagari ka Maranyundo mu Karere ka Bugesera, hasanzwe ibyo yakoreshaga birimo impu z’ibisimba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Related Posts

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

by radiotv10
29/04/2026
0

Rwanda is planning a new law that could stop children under the age of 16 from using social media platforms....

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

by radiotv10
29/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwo muri Malawi, rwakatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 40 Umunyarwandakazi uba muri iki Gihugu, rumuhamije icyaha cyo kwica umugabo...

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 wahuje ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe yamamaza Visit Rwanda na Bayern...

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

by radiotv10
29/04/2026
0

You don’t wake up one day with poor mental health. Most of the time, it builds quietly, through small, everyday...

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

IZIHERUKA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

29/04/2026
Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

29/04/2026
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

29/04/2026
Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

29/04/2026
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

29/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.