Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo.
Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mata 2026, nyuma yuko yari yaburanye ku ifungwa ry’agateganyo ku wa Mbere tariki 27 Mata.
Urukiko rw’Ibanze rwashingiye ku byagaragajwe n’Ubushinjacyaha bwasabiraga uregwa gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30 kubera ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze.
Mu iburana ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho ibyaha ashinjwa, bityo ko yafatirwa icyemezo cyo gufungwa.
Bimwe mu bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, harimo ubutumwa bwanditswe n’uregwa ku mbuga nkoranyambaga, ndetse ko na we ubwe yabyiyemereye ko yabyanditse koko.
Nanone kandi Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa yari yarasabwe guhagarika kuba inzu, akinangira, agakomeza, bityo ko yarenze ku bya yategetswe.
Uregwa kandi yaniyemereye ko koko yasagariye abayobozi bari mu gikorwa cyo gusenya iriya nzu yariho yubakwa mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo.
Urukiko rwavuze ko ibi byose bigize impamvu zishimangira icyifuzo cy’Ubushinjacyaha, bityo ko uregwa agomba gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Uregwa yaburanye yemera bimwe mu bikorwa bigize ibyaha ashinjwa, nko kuba koko yarasagariye bariya bayobozi bari mu nshingano zabo, ariko ko yabitewe n’umujinya mwinshi waturutse ku mafaranga menshi bari bamaze gushora mu bikorwa by’ubwubatsi.
Yanabwiye Urukiko ko yasabye Imbabazi Umuyobozi Ushinzwe Imiturire mu Murenge wa Jabana, kandi ko yazimuhaye, bityo agasaba Urukiko guca inkoni izamba akarekurwa, agakurikiranwa ari hanze.
Uyu munyamakuru uzwi cyane mu biganiro yatambutsaga kuri YouTube Channel ye yanitiriye izina DC Cleme, akurikiranyweho ibyaha bine; icyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta, icyo kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi, kurwanya ububasha bw’amategeko no Guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.
RADIOTV10










