Saturday, May 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

radiotv10by radiotv10
09/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga
Share on FacebookShare on Twitter

Eugene-Richard Gasana wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda, wanaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye, yahamijwe n’Urukiko rw’i New York gukorera ihohotera rishingiyenku gitsina umukobwa wimenyerezaga umwuga, rumutegeka kwishyura indishyi za miliyoni 5 USD (arenga miliyari 7 Frw).

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta ya New York, mu kirego cyatanzwe na Benita Uruhisho wakorewe icyaha n’uyu wahoze ari Umudipomate w’u Rwanda.

Gasana, wahoze ari Intumwa Ihoraho mu Muryango w’Abibumbye kugeza mu 2016, yakurikiranyweho gufata ku ngufu Benita Uruhisho.

Yaregwaga kandi kuba yarakubise uwahohotewe ubwo yakoraga nk’umukozi wimenyereza umwuga mu Biro by’Uhagarariye u Rwanda muri UN, yari abereye umuyobozi.

Abacamanza ba Manhattan batanze umwanzuro ku wa Kane tariki 07 Gicurasi, bahamya Gasana agomba kuryizwa ihohotera rishingiye ku gitsina, banamutegeka kwishyura indishyi za miliyoni 5 z’amadolari kuri Uruhisho.

 

Kuki urubanza rwmaze imyaka irindwi?

Ni urubanza rwatangiye kuburanishwa kuva mu mwaka wa 2019, aho umunyamategeko Liston Abramson, ukorera Inzu y’abamategeko ikorera i Manhattan yaburaniye Uruhisho, yavuze ko urubanza rubanza rwatinze kuko “rwasabye ubutwari buhambaye ku ruhande rw’umukiriya wacu.”

Yakomeje agira ati “Madamu Uruhisho ntiyahuye gusa n’ihungabana ry’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ahubwo, nk’uko ibimenyetso byo mu rubanza byabigaragaje, imbaraga z’ubwunganizi mu kwibasira ku mugaragaro icyizere cye n’izina rye no gutera ubwoba abashoboraga kuba abatangabuhamya muri uru rubanza.”

Avuga kuri iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko, Liston Abramson yagize ati “Twishimiye cyane kuba twarahagarariye Madamu Uruhisho. Nta cyemezo na kimwe gishobora gusibanganya ingaruka yagize. Ariko iki cyemezo gitanga ubutumwa busobanutse: ko n’abantu bakomeye bashobora kuryozwa.”

Uyu wahoze ari Umudipolomate w’u Rwanda, Eugene Gasana; nyuma yo guhamywa icyaha no gucibwa ariya mafaranga, yemerewe kuba yajuririra iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 2 =

Previous Post

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Related Posts

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

by radiotv10
09/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

by radiotv10
08/05/2026
0

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye...

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

by radiotv10
08/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, bwambitse imidali y’ishimwe Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize itsinda...

IZIHERUKA

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga
MU RWANDA

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

by radiotv10
09/05/2026
0

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

09/05/2026
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

08/05/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

08/05/2026
The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.