Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wemera ko Ingabo z’Igihugu cye zifatanya na FARDC ikorana na FDLR ariko agahakana ko zikorana n’uyu mutwe.

Mu nkuru yanditswe na Jeune Afrique, ifite umutwe ugira uti “Évariste Ndayishimiye: « Le Rwanda a des intentions malveillantes à l’égard du Burundi »” cyangwa ko Ndayishimiye yavuze ko u Rwanda rufite umugambi mubisha ku Burundi.

Yifashishije ibikubiye muri iyi nkuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ahubwo imigambi mibisha Perezida Ndayishimiye ashinja u Rwanda, ifitwe n’Igihugu cye.

Yagaragaje nk’aho umunyamakuru yamubajije ati “Ni gute haba hariho imikoranire hagati ya FARDC na FDLR ariko ikaba idahari n’ingabo zanyu, mu gihe nyamara zifatanya n’ingabo za Congo.”

Mu gusubiza, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Inite z’Ingabo z’u Burundi ziri mu bice byazo, n’iza FARDC zikaba mu byazo. Nkongeraho ko zimwe muri inite ntizishobora kwivanga kuko zidafite uburyo bumwe bw’imirwanire.”

Minisitiri Nduhungirehe agendeye kuri ibi bisubizo byatanzwe na Perezida Ndayishimiye, yagaragaje ko hari icyo bisobanuye. Ati “Abashobora gusobanukirwa, barabyumva.”

Perezida Ndayishimiye, si rimwe cyangwa kabiri yumvikanye avuga imigambi mibisha afite ku Rwanda, aho muri Mutarama 2024 ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa muri DRC, yavuze ko azafasha urubyiruko rw’u Rwanda ngo rugakuraho ubutegetsi buriho.

Muri Werurwe umwaka ushize wa 2025, mu kiganiro Perezida Ndayishimiye yagiranye na BBC, yavuze ko afite amakuru ko u Rwanda rushaka gutera Igihugu cye rukoresheje umutwe wa RED-Tabara, ngo rukabikora runyuze muri Congo, ariko ko Igihugu cye na cyo cyiteguye gutera u Rwanda kinyuze mu Kirundo.

U Rwanda rwavuze kenshi ko nta mugambi mubisha rufitiye u Burundi, ndetse ko iki Gihugu cyahoze ari nk’umuvandimwe warwo, ariko cyaje kuyoba kikajya kwifatanya n’abatifuriza ineza u Rwanda, cyagakwiye gushishoza kigakora amahitamo akwiye.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye muri Gashyantare uyu mwaka, Perezida Paul Kagame ubwo yagarukaga ku myitwarire y’iki Gihugu cy’igituranyi, yagize ati “Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi babita ko ari impanga, ariko Abarundi bo bahisemo ngo kuvuga ngo ‘No, ntabwo tugishaka kuba impanga namwe, turashaka kuba impanga n’Abanyekongo’.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuba u Burundi bwahitamo “uwo buvukana na bwo cyangwa uwo bubana na bwo impanga ibyo ntacyo nabikorera njyewe, urabyemera”, ariko ko ikibazo kizira ku kuba byarajemo politiki mbi, yo “kwiyanga no kwanga abandi, ibyo bakabihuriraho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Related Posts

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

by radiotv10
10/05/2026
0

In a world where everything moves fast and meals are often squeezed between schedules, basic table manners are slowly becoming...

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

by radiotv10
09/05/2026
0

Eugene-Richard Gasana wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda, wanaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye, yahamijwe n’Urukiko rw’i New York gukorera ihohotera rishingiyenku gitsina...

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

by radiotv10
09/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

10/05/2026
Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

09/05/2026
Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

09/05/2026
Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

09/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Simple Table Manners Everyone Should Have

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.