Ihuriro AFC/M23 ryatangiye kuvana ku bushake abarwanyi baryo mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo ryari rimaze igihe rigenzura, aho bivugwa ko bari kwerecyeza mu gace ka Kamanyola muri iyi Ntara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru aturuka muri Kivu y’Epfo, aravuga ko abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri ibyo bice kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje.
Ibice byarekuwe n’iri huriro, birimo agace ka Luberizi, Kabunambo, Sande, na Bwegere, byo mu Kibaya cya Ruzizi, ndetse no mu bindi bice byo mu nkengero zaho.
Abanyamakuru bakorera muri aka gace, ndetse n’imiryango itari iya Leta, baremeza ko abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri ibi bice ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi, berecyeza mu gace ka Kamanyola, na ko ko mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Umuntu umwe wo mu muryango utari uwa Leta (Civil Society) wa Walundu wo mu mujyi wa Kamanyola, aratangaza ko ibikoresho birimo imodoka za gisirikare ndetse n’intwaro, byatangiye kugera muri uyu mujyi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.
Amakuru avuga ko kurekura ibi bice biri gukorwa na AFC/M23 biri mu murongo wo kubahiriza ibyasabwe na Leta Zunze Ubumwe za America nk’umuhuza muri ibi bibazo byo muburasirazuba bwa DRC.
Utu duce twari twafashwe na AFC/M23 nyuma y’imirwano ikomeye yari yabaye mu mpera z’umwa ushize, ari na bwo iri Huriro ryafataga umujyi wa Uvira, ariko rikaza kuwurekura nyuma y’iminsi micye.
Abarwanyi ba AFC/M23 bakiva muri uyu mujyi wa Uvira bisabwe n’ubutegetsi bwa DRC, ni bwo berecyeje muri ibi bice barekuye kuri iyi nshuro.
Ni mu gihe umujyi wa Kamanyola bari kwerecyezamo bava muri utu duce, wo bawufashe mu kwezi kwa kabiri k’umwaka ushize wa 2025.
Ubwo AFC/M23 yarekuraga Umujyi wa Uvira, uruhande bahanganye rugizwe n’inyeshyamba zirimo iza FDLR na Wazalendo, zahise ziwinjiramo rugikubita, zitangira guhohotera umuhisi n’umugenzi, zinasahura imitungo y’abaturage.
Ibi byatumye bamwe mu Banyamulenge bo muri kiriya Kibaya cya Ruzizi, batangira na bo kukivamo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kukivamo, kuko bakeka ko ibyabaye muri Uvira bizanaba muri iki Kibaya.
RADIOTV10










