Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in MU RWANDA
1
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe na bimwe, zinagaragaza ibimenyetso biyiranga, n’uburyo ishobora kwandura.

Iyi ndwara ya Hantavirus iteye impungenge muri ibi bihe, nyuma yuko igaragaye kuri bamwe mu bagenzi bari mu bwato bwa M/V Hondius bwari buturutse muri Argentine.

Mu bantu bafashwe n’iyi ndwara, uwa mbere yitabye Imana tariki 11 Mata 2026, yaje gukurikirwa n’abandi baje gufatwa n’iyi ndwara, dore ko umurambo w’uyu muntu wamaze hafi ibyumweru bibiri ukiri mu bwato.

Kubera ubukana bw’iyi ndwara, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS rimaze iminsi ritanga amakuru kuri yo, ndetse hanakurikiranwa aho ubu bwato bwagiye bunyura kugira ngo hirindwe ko yaba icyorezo ku Isi.

Uheruka kwitaba Imana mu bafatiwe n’iyi ndwara muri ubu bwato, akaba uwa gatatu, ni umuntu ukomoka mu Budage, na we wapfiriyemo.

Hari kandi umugenzi w’Umwongereza wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara, wavanywe muri ubu bwato, ajya gusuzumirwa muri Afurika y’Epfo, asangwamo iyi virusi ya Hantavirus.

Inzego z’Ubuzima mu Bihugu binyuranye, zatangiye gushyiraho ingamba zo gukumira iyi ndwara, aho zagize ibyo zisaba abaturage babituyemo, bagomba kubahiriza.

Kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko ku ruhande rw’u Rwanda, na rwo ruticaye ubusa, kuko inzego ziri gukurikirana iby’iyi ndwara.

RBC ytangaje ko “Inzego z’ubuzima mu Rwanda zirimo gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus iherutse kugaragara muri bimwe mu Bihugu ihagaze.”

RBC yagaragaje ibyo abantu bakwiye kumenya kuri iyi ndwara, yavuze ko “iterwa na viruzi zikunze kuba mu ngungunnyi/inkegesi (rodents) cyane cyane imbeba.”

Iki Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kivuga ko abantu bashobora kwandura iyi ndwara binyuze mu guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’ingungunnyi cyanwa inkegesi.

Nanone kandi abantu bashobora kwandura binyuze mu gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku zuru, cyangwa mu maso, cyangwa bakandura binyuze mu kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.

RBC ivuga ko “Ubwoko bwa Virusi yagaragaye muri iki cyorezo bwitwa Andes Virus. Ni bwo bwoko bwonyine bwa Hantavirus buzwi bushobora kwandura hagati y’abantu, nubwo biba gacye cyane kandi bigasaba kuba abantu bicaranye umwanya muremure cyane kandi begeranye.”

Iki Kigo kandi cyagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara, birimo kugira umuriro mwinshi no gutitira, kubabara umutwe, kubabara imikaya no mu ngingo, umunaniro, kuribwa mu nda, no kugira isesemi, guhitwa no kuruka.

Mu bihe bikomeye bwo, umuntu ashobora kugira ibimenyetso birimo inkorora, guhumeka nabi, kubabara mu gatuza, ndetse akanagira indwara zikomeye z’ubuhumekero.

RBC ikagira iti “Kubera ko ibi bimenyetso bishobora gusa n’iby’ibicurane (influenza/grippe), malariya cyangwa COVID-19, ni ingenzi kwihutira kujya kwa muganga igihe umuntu arwaye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mwongereza Valentin says:
    54 seconds ago

    Murakoze Cyane Kubwiyinkuru reka Tugume kwirinda no gukumira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Simple Table Manners Everyone Should Have

Related Posts

Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

by radiotv10
10/05/2026
0

In a world where everything moves fast and meals are often squeezed between schedules, basic table manners are slowly becoming...

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

by radiotv10
09/05/2026
0

Eugene-Richard Gasana wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda, wanaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye, yahamijwe n’Urukiko rw’i New York gukorera ihohotera rishingiyenku gitsina...

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

by radiotv10
09/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

IZIHERUKA

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe
MU RWANDA

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

10/05/2026
Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

09/05/2026
Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

09/05/2026
Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

09/05/2026
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Simple Table Manners Everyone Should Have

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.