Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in MU RWANDA
0
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko Me Thierry Kevin Gatete uzwi mu busesenguzi, wari umaze iminsi afunze akekwaho kwambura umuntu ibihumbi 800 Frw, aravuga ko yiyemeje kwitwararika no kurangwa n’indangagaciro nzima akabera abandi urugero rwiza.

Ifungwa ry’uyu munyamategeko unazwi mu gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, ryari rimaze iminsi rivugwa ariko nta rwego rurabyemeza.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2025, yatangaje ko yiyemeje kwitwararika.

Yagize ati “Nabonye ko nk’umukada w’Umuryango w’Impinduramatwara (FPR-Inkotanyi), ngomba kurangwa n’imyitwarire myiza yo ku rwego rwo hejuru, kandi nkatanga urugero rwiza.”

Muri ubu butumwa bwe, Me Gatete yakomeje agira ati “Ndicuza kandi nanasabira imbabazi kuba naragaragaje imyitwarire itankwiye. Ndemera amakosa yanjye yose kandi niyemeje gukora itandukaniro mu gihe kiri imbere.”

Umunyamakuru Magnus Mazimpaka wasuye uyu munyametegeko muri kasho ya RIB, Sitasiyo ya Kicukiro aho yari afungiye, yagaragaje urwandiko rwari rwanditswe n’uyu munyamategeko, asaba imbabazi.

Muri iyi baruwa, Me Gatete yari yandikiye Umuyobozi Mukuru wa RIB n’Umushinjacyaha Mukuru, yatangiye avuga ko “Ndifuza gusaba Imbabazi kuba ntaritabye ihamagazwa rya RIB ku gihe.”

Muri iyi baruwa Gatete avuga ko atabashije kwitabira ku gihe kubera ibyago yagize byo mu muryango byo gupfusha inshuti ye na nyirasenge, bigatuma yibagirwa kwitabira ku gihe.

Agasoza agira ati “Ndicuza ku bw’iki kibazo cyabayeho kandi nizeza ko mu gihe kiri imbere nzubahiriza ibiteganywa mu iperereza.”

Magnus Mazimpaka kandi yanagaragaje ibaruwa yanditswe n’uwitwa Vuganeza Pascal waregaga Me Gatete kumwambura ibihumbi 800 Frw, yemeza ko yamaze kuyishyurwa.

Iyi baruwa yanditswe n’uyu muntu ku itariki 27 Mata 2026, agira ati “Ndemera ko nakiriye amafaranga ibihumbi Magana inani (800 000 Frw) n’andi ibihumbi (100 000 Frw) mu bantu bahagarariye Gatete Thierry Kevin nareze kuri RIB ko yanyambuye ayo mafaranga 800.000 Fr n’ijana ry’ibyo natakaje nyashaka.”

Muri iyi baruwa, uyu muntu akomeza agira ati “Nkaba nemeye gukemura ikibazo ku bwumvikane no gutanga imbabazi ku kirego natanze, nkaba nemeye kukireka.”

Me Gatete kandi ari mu banyamategeko 21 baherutse gufatirwa ibihano n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda kubera amakosa y’umwuga bakoze, aho uyu munyametegeko we yahagaritswe igihe cy’imyaka ibiri atunganira abandi mu nkiko.

Me Gatete kandi yamenyekanye cyane muri 2015 ubwo yajyaga mu rubanza rw’ikirego cyari cyaratanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryaregagamo Leta mu Rukiko rw’Ikirenga ryavugaga ko gushaka guhindura Itegeko Nshinga binyuranyije n’amategeko.

Uyu munyamategeko wari uhagarariye Umuryango uzwi nka ‘Center for Human right in Law’ yasabaga ko yinjira muri uru rubanza, nk’Inshuti y’Urukiko (Amicus Curiae) aho yavugaga ko ashyigikiye iki kirego cyatanzwe na Green Party.

Gusa Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyifuzo cy’uyu Muryango n’uyu munyamategeko, ruburanisha uru rubanza Leta yaje gutsindamo iri shyaka.

Me Gatete muri 2015 ubwo yifuzaga kuba inshuti y’Urukiko mu rubaza DGPR yari yararezemo Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nineteen =

Previous Post

Simple Table Manners Everyone Should Have

Next Post

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

by radiotv10
10/05/2026
0

In a world where everything moves fast and meals are often squeezed between schedules, basic table manners are slowly becoming...

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

by radiotv10
09/05/2026
0

Eugene-Richard Gasana wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda, wanaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye, yahamijwe n’Urukiko rw’i New York gukorera ihohotera rishingiyenku gitsina...

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

by radiotv10
09/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano...

IZIHERUKA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe
AMAHANGA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

11/05/2026
Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

10/05/2026
Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

09/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.