Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wemera ko Ingabo z’Igihugu cye zifatanya na FARDC ikorana na FDLR ariko agahakana ko zikorana n’uyu mutwe.
Mu nkuru yanditswe na Jeune Afrique, ifite umutwe ugira uti “Évariste Ndayishimiye: « Le Rwanda a des intentions malveillantes à l’égard du Burundi »” cyangwa ko Ndayishimiye yavuze ko u Rwanda rufite umugambi mubisha ku Burundi.
Yifashishije ibikubiye muri iyi nkuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ahubwo imigambi mibisha Perezida Ndayishimiye ashinja u Rwanda, ifitwe n’Igihugu cye.
Yagaragaje nk’aho umunyamakuru yamubajije ati “Ni gute haba hariho imikoranire hagati ya FARDC na FDLR ariko ikaba idahari n’ingabo zanyu, mu gihe nyamara zifatanya n’ingabo za Congo.”
Mu gusubiza, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Inite z’Ingabo z’u Burundi ziri mu bice byazo, n’iza FARDC zikaba mu byazo. Nkongeraho ko zimwe muri inite ntizishobora kwivanga kuko zidafite uburyo bumwe bw’imirwanire.”
Minisitiri Nduhungirehe agendeye kuri ibi bisubizo byatanzwe na Perezida Ndayishimiye, yagaragaje ko hari icyo bisobanuye. Ati “Abashobora gusobanukirwa, barabyumva.”
Perezida Ndayishimiye, si rimwe cyangwa kabiri yumvikanye avuga imigambi mibisha afite ku Rwanda, aho muri Mutarama 2024 ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa muri DRC, yavuze ko azafasha urubyiruko rw’u Rwanda ngo rugakuraho ubutegetsi buriho.
Muri Werurwe umwaka ushize wa 2025, mu kiganiro Perezida Ndayishimiye yagiranye na BBC, yavuze ko afite amakuru ko u Rwanda rushaka gutera Igihugu cye rukoresheje umutwe wa RED-Tabara, ngo rukabikora runyuze muri Congo, ariko ko Igihugu cye na cyo cyiteguye gutera u Rwanda kinyuze mu Kirundo.
U Rwanda rwavuze kenshi ko nta mugambi mubisha rufitiye u Burundi, ndetse ko iki Gihugu cyahoze ari nk’umuvandimwe warwo, ariko cyaje kuyoba kikajya kwifatanya n’abatifuriza ineza u Rwanda, cyagakwiye gushishoza kigakora amahitamo akwiye.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye muri Gashyantare uyu mwaka, Perezida Paul Kagame ubwo yagarukaga ku myitwarire y’iki Gihugu cy’igituranyi, yagize ati “Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi babita ko ari impanga, ariko Abarundi bo bahisemo ngo kuvuga ngo ‘No, ntabwo tugishaka kuba impanga namwe, turashaka kuba impanga n’Abanyekongo’.”
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuba u Burundi bwahitamo “uwo buvukana na bwo cyangwa uwo bubana na bwo impanga ibyo ntacyo nabikorera njyewe, urabyemera”, ariko ko ikibazo kizira ku kuba byarajemo politiki mbi, yo “kwiyanga no kwanga abandi, ibyo bakabihuriraho.”
RADIOTV10







