Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyagaragaje uko ibiciro by’ibicuruzwa byiyongereye mu kwezi kwa kane 2026 ugereranyije n’ukwa kane umwaka ushize, aho nk’ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%.

Iyi mibare ikubiye mu cyegeranyo cyashyizwe hanze na NISR kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, igaragaza ko ibiciro ku isoko ryo mu Rwanda mu kwezi kwa kane 2026 byiyongereye ku kigero cya 13% ugereranyije n’iby’ukwezi kwa kane k’umwaka ushize wa 2025.

Ibi bipimo bya NISR kandi bigaragaza ko ibiciro by’ubwikorezi byiyongereyeho 23.7%, ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 21.3%.

Ikigo cy’Igihugu cy’ibarurishamibare, cyerekana kandi ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5.8%, mu gihe ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%, ari na byo biciro byazamutse ku kigero kinini muri ibi bipimo byagaragajwe.

IMIBARE YOSE MU NYANDIKO

Ibiciro mu mijyi

Muri Mata 2026, ibiciro mu mijyi byiyongereye 13% ugereranyije na Mata 2025. Muri Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 9,2%.

Muri Mata 2026, ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 17,1%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 21,3%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 23,7% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 18,5%.

Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 4,7%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 4,3%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 5,9% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 15,1%.

Ugereranyije Mata 2026 na Mata 2025, ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 12,5%.

Ibiciro mu byaro

Muri Mata 2026, ibiciro mu byaro byiyongereyeho 10,6% ugereranyije na Mata 2025. Ibiciro mu kwezi kwa Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 6,7%.

Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera muri Mata 2026 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 14,9%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 23,9%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 36,3% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 15,2%.

Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 6,8%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 6,1%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 15,5% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 33,3%.

Ibiciro bikomatanyirijwe hamwe (mu mijyi no mu byaro)

Muri Mata 2026, ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 11,5% ugereranyije na Mata 2025. Ibiciro mu kwezi kwa Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 7,7%.

Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera muri Mata 2026 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 15,6%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 22,8%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 26,6% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 17,1%.

Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 5,9%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,6%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 11,1% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 19,2%

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Related Posts

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda, aho azahagararira Perezida Paul Kagame mu ibirori by’irahira rya Perezida...

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

by radiotv10
11/05/2026
0

Umunyamategeko Me Thierry Kevin Gatete uzwi mu busesenguzi, wari umaze iminsi afunze akekwaho kwambura umuntu ibihumbi 800 Frw, aravuga ko...

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

Perezida Kagame na Gen.Doumbouya mu Bakuru b’Ibihugu bazaba bari mu nama ikomeye itegerejwe i Kigali

by radiotv10
11/05/2026
0

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Mamadi Doumbouya wa Guinea, na Brice Clotaire Oligui Nguema wa Gabon, bari mu Bakuru b’Ibihugu...

IZIHERUKA

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda
MU RWANDA

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.